Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kubazwa Inshingano Ku Bapolisi Ni Ngombwa- DIGP Ujeneza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Kubazwa Inshingano Ku Bapolisi Ni Ngombwa- DIGP Ujeneza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 February 2024 6:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza avuga ko abapolisi bari mu bantu ba mbere bakwiye kubazwa uko basohoza inshingano zabo kuko izo nshingano zireba umutekano w’Abanyarwanda.

Yabivuze ubwo yatangizaga ibiganiro bizamara icyumweru biri kubera ku kicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru bigaruka ku ruhare rw’ubuyobozi mu nzego z’umutekano n’ingamba zo kurwanya ruswa.

Ni ibiganiro byateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’umuryango uhuza ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), byitabiriwe n’abo ku rwego rwa Komiseri na ba ofisiye bakuru muri Polisi y’u Rwanda.

DIGP Ujeneza avuga ko imyitwarire mbonezamurimo n’indangagaciro z’ubunyamwuga ari byo shingiro ry’ibikorwa byose bigamije kurwanya ruswa.

Ati: “Kubaka umuco w’ubunyangamugayo no kubazwa inshingano by’umwihariko ku bashinzwe umutekano cyane cyane abapolisi ni ngombwa. Abayobozi bagomba kuba intangarugero kandi bagakora ku buryo abo bayobora bakurikiza amahame agenga imyitwarire iboneye mu kazi.”

Yavuze ko igenamigambi rikozwe neza ari ingenzi ku nzego z’umutekano mu kurwanya ruswa

Ati: “Igenamigambi rihamye ku kurwanya ruswa rifasha inzego z’umutekano mu gushyiraho icyerekezo nyacyo, intego n’iby’ibanze mu kurwanya ruswa. Ni ngombwa gutegura ingamba zuzuye zo kurwanya ruswa zirimo izo kuyikumira, gukurikirana abayicyekwaho n’izo kubahiriza amategeko.”

Ujeneza avuga ko kurwanya ruswa bisaba guhuza kw’abafatanyabikorwa bose.

DIGP Ujeneza yasabye abitabiriye ibyo biganiro kuzabigiramo uruhare rugaragara, bungurana ibitekerezo mu guteza imbere gahunda yo gushyira mu bikorwa ingamba zizaganirwaho.

Dr. Roger Oppong Koranteg, ushinzwe imiyoborere mu bunyamabanga bw’Umuryango wa Commonwealth, ari nawe uyoboye ibyo biganiro yavuze ko ubuyobozi bwuzuza inshingano ari bwo nkingi y’umusaruro w’urwego bukorera.

Dr. Roger Oppong Koranteg

Ati: “Abayobozi beza bashyiraho umurongo mwiza ugenderwaho, bigatera ishyaka abo bayobora, bikagira uruhare mu kugaragaza icyerekezo n’intego z’umurimo, kandi bikageza urwego cyangwa ibigo bayobora ku musaruro ufatika kandi ushimishije.”

Yagaragaje ko iyi ari gahunda yateguwe neza kandi ko izibanda ku bumenyi bwo guhanga udushya, hagamijwe gutanga umusanzu w’ubuyobozi mu kuzuza inshingano.

Ni ibiganiro bigenewe abapolisi bo ku rwego rwa Komiseri n’abandi bapolisi bakuru

Ibiganiro bizatangirwa muri iyo nama y’Icyumweru bizagaruka kuri porogaramu zitandukanye zirimo uruhare rw’ubuyobozi mu nzego zishinzwe kurwanya ruswa, guhitamo imiterere y’ubuyobozi bwiza, igenamigambi n’ubuyobozi, imyitwarire mbonezamurimo n’ubunyangamugayo mu nzego zishinzwe kurwanya ruswa, ibitera amakimbirane n’uburyo bwo kuyakemura n’ibindi.

TAGGED:AbapolisiAbaturagefeaturedIbiganiroInshinganoRuswaUjenezaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwami W’Ubwongereza Yasanganywe Cancer
Next Article Nyanza: Hakozwe Amavugurura Mu Bayobozi B’Imirenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?