Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwihaza Mu Biribwa Ni Kimwe Mu Byo Afurika Iharanira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kwihaza Mu Biribwa Ni Kimwe Mu Byo Afurika Iharanira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 July 2021 6:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi bikubiye mu butumwa Perezida Paul Kagame yaraye agejeje ku bandi banyacyubahiro bari bitabiriye Inama itegura indi yagutse kurushaho yigaga ku iterambere ry’ubuhinzi no kwihaza mu biribwa. Yavuze ko intego y’Afurika ari ukwihaza mu biribwa, igaca imirire mibi mu bayituye.

Ni inama yitabiriwe n’abayobozi bakuru barimo n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Bwana António Guterres .

Perezida Kagame  avuga ko ingufu zashyizwe mu gutegura iriya nama yo kwiga ku inozwa ry’imirire ikaba yahuje abantu babarirwa mu ijana, yirekana uburemere iki kibazo gifite kandi ikerekana ko hakenewe gukorwa byinshi ngo imirire iboneye mu batuye Afurika irusheho kunozwa.

Ati: “Ubuhinzi bugamije kwihaza mu biribwa no gusagurira amasoko muri Afurika ni kimwe mu bizadufasha kugera ku ntego z’iterambere rirambye isi yihaye.”

Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo kuri bandi banyacyubahiro bari bitariye iyi nama

Umukuru w’u Rwanda avuga ko gukoresha ubuhinzi bugamije gusagurira amasoko byihutirwa muri iki gihe mu rwego rwo kuziba icyuho cyatewe n’ingaruka za COVID-19.

Avuga n’ubwo buri gihugu mu gace giherereyemo kiba kigomba gushyiraho ingamba zacyo zo kuzahura ubuhinzi, ariko ngo iki ni  ikibazo gisaba ubufatanye mpuzamahanga.

Perezida Kagame yibukije abari bamuteze amatwi ko 70% by’abaturage ba Afurika bashoboye gukora, bakora mu buhinzi cyangwa ibifatanye isano nabwo.

Ikibazo ariko ngo ni uko amasoko y’ibiribwa yo muri Afurika usanga adakora neza, hamwe bigaterwa n’ibibazo by’ubukungu muri rusange, ahandi bigaterwa n’ubutaka bwagundutse, ibibazo bishingiye ku mihindagurikire y’ikirere n’ibindi.

Avuga ko hari n’igihe usanga abahinzi beza imyaka ariko ibyo bejeje bikabapfira ubusa kubera kutagira ubumenyi n’ubushobozi bwo kubihunika cyangwa kubyongerera agaciro, ibyo bita value addition.

Ikindi Perezida Kagame avuga ko gikunze kugora abahinzi bo muri Afurika ni ugutunga no gukoresha ikoranabuhanga ribafasha kumenya ahari amasoko no kurangura ibiribwa runaka ngo babigurishe ku yandi masoko atanga icyashara kurushaho.

Asanga indi mbogamizi abahinzi bahura nayo ari ukutagira ubwishingizi mu by’ubuhinzi kugira ngo bazunganirwe nibaramuka bahuye n’ibiza.

Ku rundi ruhande ariko, Kagame avuga ko ari ibyo kwishimira ko NEPAD yashyizeho uburyo busangiwe n’ibihugu by’Afurika kugira ngo ubuhinzi bwitabweho.

Akemeza ko hari ingamba zigomba kuzarushaho gushimangirwa mu nama yaguye iziga ku kwihaza mu biribwa iteganyijwe muri Nzeri, 2021.

Yarangije ijambo rye ashimira abari bamuteze amatwi kandi abizeza ko Afurika izakomeza guharanira kwihaza mu biribwa kandi ikagabanya ibyo itumiza hanze…byose bigakorwa hagamijwe kugabanya imirire mibi no guhanga imirimo ishingiye ku buhinzi bwa kijyambere bugamije isoko.

TAGGED:AfurikafeaturedGuterresIbiribwaInamaKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guma Mu Rugo Yageze No Mu Turere Itari Irimo…
Next Article Umuyobozi Wa Polisi Y’U Rwanda Ari Muri Malawi Kuganira Ku ‘Guhanahana Amakuru’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?