Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mureke Twemere Ko Kwibuka Jenoside Ari Ngombwa- Peter Muthuki Uyobora EAC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Mureke Twemere Ko Kwibuka Jenoside Ari Ngombwa- Peter Muthuki Uyobora EAC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2021 12:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yatangizaga umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Dr Peter Muthuki uyobora Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba, yabwiye bagenzi be ko kwibuka iriya Jenoside ari ngombwa niba bashaka ko itazongera kubaho ku isi.

Uyu muhango wabereye ku kicaro cy’uriya Muryango kiri Arusha muri Tanzania.

Muthuki yagize ati: “ Mureke twemere ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari ngombwa kandi ko kuyibagirwa bishobora guha urwaho indi. Kubyibuka bizatuma nta handi iba ku isi.”

Dr. Peter Mathuki yavuze ko abatuye Isi muri rusange n’abatuye ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba by’umwihariko bagomba guharanira ko ‘Never Again’ iba impamo.

“Never Again” ni imvugo ikangurira abantu guharanira ko ingengabitekerezo ya Jenoside yakumirwa ku isi hose kuko ari yo iganisha kuri Jenoside nyirizina.

Uretse u Rwanda( ari narwo Jenoside yakorewe Abatutsi yakorewemo), ahandi hubatswe inzibutso zayo mu karere ruhereyemo ni muri Uganda.

 

Martin Ngoga na bagenzi be bakorana muri uriya muryango bafashe umunota wo kwibuka

Muri 2018 Abanyarwanda baba muri Uganda bigeze gukusanya miliyoni 37 z’amashiringi yo kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,  mu gace Mpigi.

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi hari imibiri yabo yajugunywe mu migezi yo mu Rwanda iratembanwa igera mu kiyaga cya Victoria, kiri muri Uganda.

Ako gace gatukura ni muri Mpigi ahubatswe urwibutso rwa Jenoside ku kiyaga cya Victoria
TAGGED:AfurikafeaturedJenosideMuthukiRwandaUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi Wa Israel Yiyemeje Guha Abanyarwanda Amaraso Ye
Next Article Qatar Irashaka Gushora Imari Mu Mukino W’Amagare Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?