Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Sudan Leta Yakuyeho Murandasi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri Sudan Leta Yakuyeho Murandasi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 December 2021 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gukoma mu nkokora umugambi w’impirimbanyi za Politiki zashakaga gutegura imyigaragambyo,  Leta ya Sudani yakuyeho murandasi.

Hari hateganyijwe imyigaragambyo yo kongera gusaba ko ubutegetsi busubizwa abasivili ijana ku ijana, bukavanwa mu maboko y’abasirikare.

Imyigaragambyo yari iteganyijwe gukorerwa hirya no hino mu Murwa mukuru Khartoum  ariko ubu yakomwe mu nkokora kandi ibiraro bihuza ibice bitandukanye by’uriya Mujyi byafunzwe.

Leta yasohoye itangazo riha gasopo uwo ari we wese uri buhirahire agashaka gutangiza imyigaragambyo ko bitari bumuhire.

No mu mpera z’Icyumweru gishize, nabwo abaturage bari bateguye imyigaragambyo yo gusaba ko ubutegetsi bwasubizwa mu maboko y’abasivili.

Imidugararo yaje iyikurikiye yaguyemo abantu ndetse hari amakuru atangazwa na BBC avuga ko hari abagore abapolisi ba kiriya gihugu bakoreye ibya mfura mbi barabasambanya

Ikigo cya Sudani gishinzwe imikorere y’ibigo by’itumanaho kitwa Sudan’s National Telecommunications Corporation( NTC) yatangaje ko byabaye ngombwa ko itumanaho rya murandasi riba ruvanyweho kugira ngo igihugu kidashyirwa mu icuraburindi n’abigaragambya.

Hirya no hino mu murwa mukuru Khartoum hashyizwe abasirikare n’abapolisi benshi ngo batangire uwo ari wese washaka kujya mu myigaragambyo

Muri iki gihe Sudani iyobowe na Gen Abdel Fattah al-Burhan.

Uyu musirikare mukuru avuga ko yiteguye kuzasubiza ubutegetsi abasivili muri Nyakanga, 2023.

Omar al-Bashir  wari imaze imyaka 28 ayobora Sudani yakuwe ku butegetsi mu mwaka wa 2019 asimburwa n’abasirikare bahise bashyiraho inzibacyuho igikomeje kugeza n’ubu.

TAGGED:featuredImyigaragambyoPolitikiSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kandiho Uyobora Iperereza Rya Gisirikare Rya Uganda Yahuye Na Kayumba Nyamwasa
Next Article Umuntu Yapfiriye Ku Muhanda Wo Muhima Abura N’Uwamutwikira Isazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?