Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Sudan Leta Yakuyeho Murandasi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri Sudan Leta Yakuyeho Murandasi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 December 2021 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gukoma mu nkokora umugambi w’impirimbanyi za Politiki zashakaga gutegura imyigaragambyo,  Leta ya Sudani yakuyeho murandasi.

Hari hateganyijwe imyigaragambyo yo kongera gusaba ko ubutegetsi busubizwa abasivili ijana ku ijana, bukavanwa mu maboko y’abasirikare.

Imyigaragambyo yari iteganyijwe gukorerwa hirya no hino mu Murwa mukuru Khartoum  ariko ubu yakomwe mu nkokora kandi ibiraro bihuza ibice bitandukanye by’uriya Mujyi byafunzwe.

Leta yasohoye itangazo riha gasopo uwo ari we wese uri buhirahire agashaka gutangiza imyigaragambyo ko bitari bumuhire.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

No mu mpera z’Icyumweru gishize, nabwo abaturage bari bateguye imyigaragambyo yo gusaba ko ubutegetsi bwasubizwa mu maboko y’abasivili.

Imidugararo yaje iyikurikiye yaguyemo abantu ndetse hari amakuru atangazwa na BBC avuga ko hari abagore abapolisi ba kiriya gihugu bakoreye ibya mfura mbi barabasambanya

Ikigo cya Sudani gishinzwe imikorere y’ibigo by’itumanaho kitwa Sudan’s National Telecommunications Corporation( NTC) yatangaje ko byabaye ngombwa ko itumanaho rya murandasi riba ruvanyweho kugira ngo igihugu kidashyirwa mu icuraburindi n’abigaragambya.

Hirya no hino mu murwa mukuru Khartoum hashyizwe abasirikare n’abapolisi benshi ngo batangire uwo ari wese washaka kujya mu myigaragambyo

Muri iki gihe Sudani iyobowe na Gen Abdel Fattah al-Burhan.

- Advertisement -

Uyu musirikare mukuru avuga ko yiteguye kuzasubiza ubutegetsi abasivili muri Nyakanga, 2023.

Omar al-Bashir  wari imaze imyaka 28 ayobora Sudani yakuwe ku butegetsi mu mwaka wa 2019 asimburwa n’abasirikare bahise bashyiraho inzibacyuho igikomeje kugeza n’ubu.

TAGGED:featuredImyigaragambyoPolitikiSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kandiho Uyobora Iperereza Rya Gisirikare Rya Uganda Yahuye Na Kayumba Nyamwasa
Next Article Umuntu Yapfiriye Ku Muhanda Wo Muhima Abura N’Uwamutwikira Isazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?