Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muzane Umugabo Mu Migambi Yanyu- Umuyobozi W’Ihuriro Ry’Abagore B’Abanyarwandakazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muzane Umugabo Mu Migambi Yanyu- Umuyobozi W’Ihuriro Ry’Abagore B’Abanyarwandakazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2022 4:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mary Balikungeri uyobora Rwanda Women’s Network yabwiye abagore bahagarariye abandi bari bitabiriye Inama yaguye yigaga uko barushaho gukorana hagamijwe iterambere ry’umugore mu nzego zose, ko ari ngombwa kwinjiza umugabo mu migambi yabo kugira ngo umuryango wose wunguke.

Ni mu nama yabereye mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata.

Ijambo yagejeje kuri bariya bagore ryibanze mu kubibutsa ko  bafite uruhare runini mu gutuma ingo zabo zabaho neza.

Ati: “Umuryango niwo musingi w’iki gihugu, ubu twinjize umugabo mu mikorere yacu, bive mu muryango bijye no muri Communauté[umuryango muri rusange] kubaka urugo neza ni ukumenya ibyo urugo rucyeneye.”

Balikungeri yabwiye abagore n’abagabo bacye bari baje muri iriya nama ko Umuryango Rwanda Women’s Network washinzwe mu mwaka wa 1994, intego ari ugufasha abagore bari barokotse Jenoside kongera kumva ko  bafite agaciro, bakiyubakamo icyizere cyo kubaho n’ejo hazaza.

Ngo  uriya muryango watangiye ugamije guhumuriza abari baramariwe ababo.

Muri iki gihe ariko, Balikungeri avuga ko umuryango ayoboye wamaze gukorera mu murongo mugari wa Leta y’u Rwanda.

Ibi ngo bivuze ko abagore bagomba gukomeza gukorera mu murongo wa Leta y’u Rwanda ugamije ko abagize umuryango wose bafatana urunana bakawubaka, waba mwiza bikagirira igihugu cyose akamaro.

Iriya nama yitabiriwe n’abagore 20 bahagarariye abandi mu Karere ka Bugesera

Abagore 20 nibo bitabiriye iriya nama  kandi bose baturutse mu Karere ka Bugesera.

Basuzumye n’ibibangamira umugore mu buzima bwe bwa buri munsi birimo imigenzo ishingiye ku muco n’ibindi.

Imibare itangwa n’inzego bireba ivuga ko 75% by’abagize Inteko zishinga amategeko ku isi ari abagabo.

73% by’abayobora ibigo bya Leta cyangwa iby’abigenga ni abagabo mu gihe kandi abagabo bangana na 70% muri iki gihe ari bo bari mu biganiro bigamije gukumira ko ikirere gikomeza kwandura.

Abangana n’aba kandi nibo baba bahagarariye ibihugu mu biganiro bigamije kuzaana amahoro aho yabuze ku isi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, iki gihugu cyerekanye ko giha agaciro abagore k’uburyo kiri mu bifite abagore benshi mu nzego zitandukanye z’ubuzima bw’igihugu.

Mu mwaka wa 2019 mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda abagore banganaga na 61% mu gihe muri Guverinoma bangana na 47.6%.

Uko bimeze kose ariko, haracyari icyuho abagore bataraziba.

Umugore w’Umunyarwandakazi akeneye iterambere mu ngeri zitandukanye

Icyo cyuho kigaragara mu nzego zifatirwamo ibyemezo ndetse no mu zindi nzego z’ubuzima bw’igihugu.

Akarere ka Bugesera gafite imirenge 15, igizwe n’Utugari 72.

TAGGED:AbagoreAkarereBugeserafeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mafoto: Igitaramo Cya Israel Mbonyi Cyitabiriwe Bishimishije
Next Article Nimwiza Meghan Yitandukanyije N’Abategura Irushanwa Rya Miss Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?