Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Somalia Yahagaritse Minisitiri W’Intebe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Somalia Yahagaritse Minisitiri W’Intebe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2021 2:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Somalia Mohamed Abdullahi Mohamed yategetse ko Minisitiri w’Intebe wa kiriya gihugu witwa Mohamed Hussein Roble ava mu kazi.

Abo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Somalia bavuga ko kiriya cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gufasha iperereza riri kumukorwaho nyuma y’uko aguze isambu ku mahugu binyuze muri ruswa.

Hari abavuga ko impamvu zitangwa n’Ibiro bya Perezida Mohamed Abdullahi Mohamed ari urwitwazo, ahubwo ko ari kumwigiza ku ruhane kubera kutumvikana ku mikorere y’Inteko ishinga amategeko ya Somalia.

Minisitiri w’Intebe aherutse gushinja Perezida wa Somalia kwivanga mu mikorere y’Inteko ishinga amategeko kandi bisanzwe bizwi ko ntaho biba.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza bitangaza ko Polisi ya Somalia yagose Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ngo ntahirahire abyegera.

Mohamed Hussein Roble

Aba bagabo bombi mu ntangiriro z’uyu mwaka bageze ku masezerano y’uburyo abantu 101 batoranywamo abagize Inteko ishinga amategeko.

Abazatoranywa muri abo 101, nibo bazatoranywamo uzayobora Somalia mu gihe kiri imbere Manda ya Mohamed Abdullahi Mohamed nirangira.

Uyu mwiryane hagati y’abayobozi bakuru muri Somalia ushobora kuzaha urwaho abarwanyi ba Al Shabab bakisuganya bakazakora ishyano mu gihugu.

Guhera mu mwaka wa 1991 Somalia ntiragira amahoro arambye.

Muri uriya mwaka nibwo intambara yo gukuraho umunyagitugu Mohamed Siad Barre yatangiye.

Kurangira kwayo ntikwabuze gusiga Somalia mu bibazo byatumye kugeza n’ubu igihugu kikiri mu mutekano mucye.

Mohamed Siad Barre yategetse Somalia guhera mu mwaka wa 1969 kugeza mu mwaka wa 1991.

Mohamed Siad Barre  yari yarategetse guhera mu mwaka wa 1969 kugeza mu mwaka wa 1991.

TAGGED:featuredMinisitiriPerezidaSomalia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Kimihurura Abantu Bane Bapfuye, Bikekwa Ko Bazize Inzoga
Next Article Ijambo Rya Perezida Kagame Rigaragaza Uko Igihugu Gihagaze Mu 2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Umugabo W’i Gakenke Yafatiwe I Burera Afite Ibilo 20 By’Urumogi Avanye Muri Uganda

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Ubushinwa Bwatangiye Gukoresha Robo Zikora Gipolisi Mu Muhanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Abasirikare Ba Uganda Bicanye Bapfa Umugore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Rugiye Kuzuza Ikigega Cya Gazi Yakoreshwa Amezi Abiri Ntayitumijwe Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?