Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Protais Mpiranya Mu Bucuruzi Bwakomeje Gutuma Yihisha Ubutabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Protais Mpiranya Mu Bucuruzi Bwakomeje Gutuma Yihisha Ubutabera

Last updated: 10 June 2021 11:43 am
Share
SHARE

Urwego rwasigariyeho inkiko mpuzamahanga mpanabyaha, IRMCT, rwatangaje ko rukomeje gukurikirana uburyo Protais Mpiranya wahoze akuriye abasirikare barindaga Perezida Habyarimana, yaba yifashisha ibikorwa by’ubucuruzi mu gukomeza kwihisha ubutabera.

Mpiranya afatwa nk’ukomeye cyane muri batandatu bagishakishwa ku rwego mpuzamahanga kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5$ ku muntu wese watanga amakuru yatuma atabwa muri yombi.

Mpiranya afatwa nk’umwe mu batanze itegeko ryo kwica Uwilingiyimana Agathe wari Minisitiri w’Intebe, abasirikare 10 b’Ababiligi bamurindaga n’abandi banyapolitiki bakomeye bicanwe n’imiryango yabo Jenoside igitangira.

Umushinjacyaja Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz, yavuze ko mu gushakisha abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi igipimo bacyerekeje kuri Mpiranya, kandi bizeye ko amaperereza azatanga umusaruro.

Ni mu ijambo yagejeje ku kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku wa 8 Kamena 2021.

Yakomeje ati “By’umwihariko, turimo guperereza ku bijyanye no kuba Mpiranya, hejuru y’ibyaha bye muri Jenoside, mu myaka makumyabiri ishize yaba yaragize uruhare mu bindi byaha bikomeye. Dufite impamvu ituma dutekereza ko yakoze ubucuruzi yifashishije amafaranga yabonetse mu buryo butemewe.”

“Abantu benshi bashobora kuba baravuganye na we cyangwa bakamwumvaho. Abo bose turabakeneye, kandi turabashishikariza kuza bakaduha amakuru kuri Mpiranya.”

Yavuze ko uretse kuba uwatanga amakuru yagororerwa miliyoni $5, ibiro by’ubushinjacyaha binafite inshingano zo kurinda umutangabuhamya waba utizeye umutekano we.

Brammertz yakomeje ati “Nanone ariko abakorana na Mpiranya batazitanga ku bushake, bazaryozwa ibyo bakoze hakoreshejwe ubushobozi bwose bw’amategeko.”

Amakuru menshi yakunze kuvuga ko Mpiranya ashobora kuba yihishe muri Afurika y’Epfo cyangwa Zimbabwe.

Brammertz aheruka kuvuga ko mu iperereza babashije kumenya aho Mpiranya yihishe, igikenewe kikaba ari ubufatanye ngo afatwe.

Mu gihe abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagishakishwa, Brammertz yavuze ko ibikorwa byo Kwibuka byagaragaje ko hari abantu benshi bagihakana ndetse bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, biganjemo ahanini ababa mu mahanga.

Yakomeje ati “Guhakana no guha ishingiro Jenoside bikomeje gufatwa nko kutabona ibintu kimwe cyangwa bikitwa impaka ku nyito z’amategeko. Ntabwo ari byo. Ukuri ni uko guhakana no guha ishingiro Jenoside ari rwo rwego rwa nyuma rwa Jenoside.”

“Ni ibikoresho bya politiki bikoreshwa ku mpamvu za politiki. Hakenewe kugira igikorwa mu buryo bwihutirwa.”

Inyandiko zisaba ifatwa rya Mpiranya w’imyaka 60 zimurega ibyaha birimo icyaha cya Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu, itoteza n’ibindi bikorwa bitari ibya kimuntu.

TAGGED:Afurika y'EpfofeaturedJenosideProtais MpiranyaSerge Brammertz
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikibuga Cya Golf Cyatwaye Akayabo Cyangijwe Kitarakoreshwa
Next Article Umunyamabanga Mukuru W’Ishyaka Riyobora U Burundi Yasuye Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?