Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Protais Mpiranya Mu Bucuruzi Bwakomeje Gutuma Yihisha Ubutabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Protais Mpiranya Mu Bucuruzi Bwakomeje Gutuma Yihisha Ubutabera

admin
Last updated: 10 June 2021 11:43 am
admin
Share
SHARE

Urwego rwasigariyeho inkiko mpuzamahanga mpanabyaha, IRMCT, rwatangaje ko rukomeje gukurikirana uburyo Protais Mpiranya wahoze akuriye abasirikare barindaga Perezida Habyarimana, yaba yifashisha ibikorwa by’ubucuruzi mu gukomeza kwihisha ubutabera.

Mpiranya afatwa nk’ukomeye cyane muri batandatu bagishakishwa ku rwego mpuzamahanga kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5$ ku muntu wese watanga amakuru yatuma atabwa muri yombi.

Mpiranya afatwa nk’umwe mu batanze itegeko ryo kwica Uwilingiyimana Agathe wari Minisitiri w’Intebe, abasirikare 10 b’Ababiligi bamurindaga n’abandi banyapolitiki bakomeye bicanwe n’imiryango yabo Jenoside igitangira.

Umushinjacyaja Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz, yavuze ko mu gushakisha abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi igipimo bacyerekeje kuri Mpiranya, kandi bizeye ko amaperereza azatanga umusaruro.

Ni mu ijambo yagejeje ku kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku wa 8 Kamena 2021.

Yakomeje ati “By’umwihariko, turimo guperereza ku bijyanye no kuba Mpiranya, hejuru y’ibyaha bye muri Jenoside, mu myaka makumyabiri ishize yaba yaragize uruhare mu bindi byaha bikomeye. Dufite impamvu ituma dutekereza ko yakoze ubucuruzi yifashishije amafaranga yabonetse mu buryo butemewe.”

“Abantu benshi bashobora kuba baravuganye na we cyangwa bakamwumvaho. Abo bose turabakeneye, kandi turabashishikariza kuza bakaduha amakuru kuri Mpiranya.”

Yavuze ko uretse kuba uwatanga amakuru yagororerwa miliyoni $5, ibiro by’ubushinjacyaha binafite inshingano zo kurinda umutangabuhamya waba utizeye umutekano we.

Brammertz yakomeje ati “Nanone ariko abakorana na Mpiranya batazitanga ku bushake, bazaryozwa ibyo bakoze hakoreshejwe ubushobozi bwose bw’amategeko.”

Amakuru menshi yakunze kuvuga ko Mpiranya ashobora kuba yihishe muri Afurika y’Epfo cyangwa Zimbabwe.

Brammertz aheruka kuvuga ko mu iperereza babashije kumenya aho Mpiranya yihishe, igikenewe kikaba ari ubufatanye ngo afatwe.

Mu gihe abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagishakishwa, Brammertz yavuze ko ibikorwa byo Kwibuka byagaragaje ko hari abantu benshi bagihakana ndetse bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, biganjemo ahanini ababa mu mahanga.

Yakomeje ati “Guhakana no guha ishingiro Jenoside bikomeje gufatwa nko kutabona ibintu kimwe cyangwa bikitwa impaka ku nyito z’amategeko. Ntabwo ari byo. Ukuri ni uko guhakana no guha ishingiro Jenoside ari rwo rwego rwa nyuma rwa Jenoside.”

“Ni ibikoresho bya politiki bikoreshwa ku mpamvu za politiki. Hakenewe kugira igikorwa mu buryo bwihutirwa.”

Inyandiko zisaba ifatwa rya Mpiranya w’imyaka 60 zimurega ibyaha birimo icyaha cya Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu, itoteza n’ibindi bikorwa bitari ibya kimuntu.

TAGGED:Afurika y'EpfofeaturedJenosideProtais MpiranyaSerge Brammertz
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikibuga Cya Golf Cyatwaye Akayabo Cyangijwe Kitarakoreshwa
Next Article Umunyamabanga Mukuru W’Ishyaka Riyobora U Burundi Yasuye Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?