Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Abarimu Babiri Ba Kaminuza Bafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Rubavu: Abarimu Babiri Ba Kaminuza Bafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2024 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi abarimu babiri hamwe n’umunyeshuri bo muri Kaminuza yigisha ubukerarugendo, UTB ishami rya Rubavu bazira kwaka ruswa ngo batange amanota.

RIB ivuga ko bafashwe taliki ya 19, Kamena,  2024.

Abafashwe ni Mushobora Nizeyimana Sylvain na Munderere Theoneste (abarimu) n’umunyeshuri witwa Ishimwe Dieudonne bahimba Bonfils akaba afite imyaka 27.

Ibyaha bakurikiranyweho bikekwa ko babikoze mu bihe bitandukanye hagati ya 2022-2023.

Ubugenzacyaha buvuga ko basabye kandi bakira indonke y’amafaranga Frw 3,033,700 kugira ngo bahe amanota abanyeshuri kandi batakoreye.

Umunyeshuri wakoraga nk’umukomisiyoneli we akurikiranyweho icyaha cyo kuba icyitso mu ikorwa ry’icyaha cyo gusaba no kwakira indonke kuko amafaranga ari we yanyuzwagaho.

Ibi bikaba byarabereye aho iri shuri rya Kaminuza ya UTB ishami rya Rubavu riherereye mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi.

Aba barimu bakurikiranyweho icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, giteganywa n’ingingo ya 4 y’itegeko N°54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa.

Iki cyaha gihanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri gatatu kugeza kuri gatanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

Ihanwa ry’umufatanyacyaha n’iry’icyitso, icyaha giteganwa n’ingingo ya 4 y’itegeko N°59/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Icyitso gihanwa hakurikijwe igihano itegeko riteganyiriza uwakoze icyaha.

RIB iributsa abantu ko itazihanganira uwo ariwe wese ukora icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa yitwaje umurimo akora ndetse n’icyaha cyo kuba icyitso.

Ikangurira abantu kucyirinda kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Abafashwe bafungiye kuri Station ya RIB ya Gisenyi mu gihe hagiye gutunganwa dosiye yabo kugira ngo izashyikirizwe ubutabera.

TAGGED:AbarimufeaturedKaminuzaRIBUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yihanganishije Imiryango Y’Abandi Bapfuye Baje Kumva Aho Yiyamamaza
Next Article Kagame Nyuma Ya Huye Ubu Ari Nyamagabe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Yatemye Ushinzwe Umutekano Baramurasa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

Minisitiri Ingabire Yabwiye Isi Uko u Rwanda Rwimakaje Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro Wa RSSB Wikubye Kabiri Mu Myaka Itatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?