Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Mu Mibiri 12 Imaze ‘Igihe’ Ku Murenge Ibiri Yaburiwe Inkomoko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Mu Mibiri 12 Imaze ‘Igihe’ Ku Murenge Ibiri Yaburiwe Inkomoko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2023 8:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Biro by’Umurenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu hamaze igihe hari imibiri 12 iri mu bubiko bw’uyu Murenge.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wawo  witwa Faustin Nkurunziza yabwiye Taarifa ko iyo mibiri yabonetse mu mwaka wa 2019, izanwa ahahoze ibiro by’uyu Murenge kuri Centre Mizingo.

Avuga ko aho iyo mibiri ibonekeye, ubuyobozi butahise bumenya inkomoko yayo nyayo kugira ngo harebwe uko ishyingurwa.

Impamvu nkuru yabiteye ni uko muri yo hari imibiri icyenda(9) itarumvikanyweho inkomoko yayo, bamwe bakavuga ko ari iy’ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abandi bakavuga ko ari iy’ababo bizize intambara y’abacengezi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma yo kubura gica, hafashwe umwanzuro wo kugana inkiko.

Gitifu Faustin Nkurunziza ati: “…Icyenda ntabwo bashoboye kuyumvikanaho, hari abarokotse Jenoside bavugaga ko ari iy’abazize Jenoside mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, hakaba n’abandi bavuga bati ‘ Oya aba ni abantu bapfuye mu gihe cy’intambara y’abacengezi, biza kujya mu rukiko rero…”

Urukiko rwanzuye ko iyo mibiri ari iy’abapfuye bazize intambara y’abacengezi.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kanzenze buvuga ko nyuma yo kubona icyemezo cy’urukiko, bwatumije abantu batsinze urwo rubanza, bubasaba kuza bagafata imibiri y’ababo bakajya kuyishyingura.

Ibiro bishya by’Umurenge wa Kanzenze

Mu mibiri itatu isigaye, umwe waje kubona abavuga ko ari uw’umuntu wabo[utarazize Jenoside], IBUKA ibyemeza ityo, ubu bakaba bari kwitegura uko bazashyingura umuntu wabo.

- Advertisement -

Ihurizo ku mibiri ibiri isigaye…

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Faustin Nkurunziza avuga ko we n’abo bakorana ndetse na IBUKA basigaranye ihurizo ryo kumenya ba nyiri imibiri ibiri isigaye.

Avuga ko nta makuru aramenyekana ku nkomoko y’iyi mibiri kugira ngo ishyingurwe.

Hagati aho, inzego bireba ziri gukusanya amakuru ku nkomoko y’iyo mibiri ibiri kugira ngo nayo ishyingurwe.

Faustin Nkurunziza

Kuri uyu wa Gatanu hari buterane inama iri buhurizwemo amakuru yose amaze iminsi akusanywa kuri iki kibazo kugira ngo harebwe icyakorwa.

Iyi mibiri 12 itavugwaho rumwe yabonetse muri centre ya Mizingo mu mwaka wa 2019 ubwo bari mo bahasiza.

Ibiro by’Umurenge wa Kanzenze biri mu Kagari ka Nyamikongi.

TAGGED:AbacengezifeaturedImibiriIntambaraJenosideNkurunzizaRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Na Madamu Batashye Ubukwe Bw’Igikomangoma Cya Jordan
Next Article Joe Biden Yaguye Ingabo Ze Zimureba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?