Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Mu Mibiri 12 Imaze ‘Igihe’ Ku Murenge Ibiri Yaburiwe Inkomoko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Mu Mibiri 12 Imaze ‘Igihe’ Ku Murenge Ibiri Yaburiwe Inkomoko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2023 8:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Biro by’Umurenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu hamaze igihe hari imibiri 12 iri mu bubiko bw’uyu Murenge.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wawo  witwa Faustin Nkurunziza yabwiye Taarifa ko iyo mibiri yabonetse mu mwaka wa 2019, izanwa ahahoze ibiro by’uyu Murenge kuri Centre Mizingo.

Avuga ko aho iyo mibiri ibonekeye, ubuyobozi butahise bumenya inkomoko yayo nyayo kugira ngo harebwe uko ishyingurwa.

Impamvu nkuru yabiteye ni uko muri yo hari imibiri icyenda(9) itarumvikanyweho inkomoko yayo, bamwe bakavuga ko ari iy’ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abandi bakavuga ko ari iy’ababo bizize intambara y’abacengezi.

Nyuma yo kubura gica, hafashwe umwanzuro wo kugana inkiko.

Gitifu Faustin Nkurunziza ati: “…Icyenda ntabwo bashoboye kuyumvikanaho, hari abarokotse Jenoside bavugaga ko ari iy’abazize Jenoside mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, hakaba n’abandi bavuga bati ‘ Oya aba ni abantu bapfuye mu gihe cy’intambara y’abacengezi, biza kujya mu rukiko rero…”

Urukiko rwanzuye ko iyo mibiri ari iy’abapfuye bazize intambara y’abacengezi.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kanzenze buvuga ko nyuma yo kubona icyemezo cy’urukiko, bwatumije abantu batsinze urwo rubanza, bubasaba kuza bagafata imibiri y’ababo bakajya kuyishyingura.

Ibiro bishya by’Umurenge wa Kanzenze

Mu mibiri itatu isigaye, umwe waje kubona abavuga ko ari uw’umuntu wabo[utarazize Jenoside], IBUKA ibyemeza ityo, ubu bakaba bari kwitegura uko bazashyingura umuntu wabo.

Ihurizo ku mibiri ibiri isigaye…

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Faustin Nkurunziza avuga ko we n’abo bakorana ndetse na IBUKA basigaranye ihurizo ryo kumenya ba nyiri imibiri ibiri isigaye.

Avuga ko nta makuru aramenyekana ku nkomoko y’iyi mibiri kugira ngo ishyingurwe.

Hagati aho, inzego bireba ziri gukusanya amakuru ku nkomoko y’iyo mibiri ibiri kugira ngo nayo ishyingurwe.

Faustin Nkurunziza

Kuri uyu wa Gatanu hari buterane inama iri buhurizwemo amakuru yose amaze iminsi akusanywa kuri iki kibazo kugira ngo harebwe icyakorwa.

Iyi mibiri 12 itavugwaho rumwe yabonetse muri centre ya Mizingo mu mwaka wa 2019 ubwo bari mo bahasiza.

Ibiro by’Umurenge wa Kanzenze biri mu Kagari ka Nyamikongi.

TAGGED:AbacengezifeaturedImibiriIntambaraJenosideNkurunzizaRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Na Madamu Batashye Ubukwe Bw’Igikomangoma Cya Jordan
Next Article Joe Biden Yaguye Ingabo Ze Zimureba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?