Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abana Miliyoni Enye Bahererwa Ifunguro Ku Ishuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Abana Miliyoni Enye Bahererwa Ifunguro Ku Ishuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2024 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Théophila Mukamugambi, Umuyobozi w’agateganyo w’Ishami rishinzwe gahunda yo kugaburira abana ku ishuri muri Minisiteri y’uburezi niwe watangarije i Nkumba mu Karere ka Burera iby’iyo mibare.

Hari mu nama yatangirijwemo ubukangurambaga ku buziranenge ku biribwa bihabwa abanyeshuri biga baba ku ishuri bwateguwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge, RSB.

Mukamugambi yavuze ko Minisiteri y’Uburezi yitondera ibiribwa bihererwa abana ku ishuri hibandwa ku buziranenge bwabyo.

Ati:” Mu mabwiriza yo kugaburira abana ku ishuri, ubuziranenge bw’ibiribwa bwitabwaho cyane haba mu kwakira ibiribwa, uko bibikwa, aho bitegurirwa, ababitegura n’aho bifatirwa”.

Imibare yo muri Minisiteri akorera igaragaza ko abana miliyoni enye ari bo bahererwa ifunguro ku ishuri.

Ati:” Ubufatanye mu kubagezaho amafunguro yujuje ubuziranenge ni ingenzi kugira ngo bagire ubuzima bwiza kandi bige neza”.

Icyakora, hari aho bidakorwa neza kuko Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge, RSB, Raymond Murenzi yemeza ko hari aho bivugwa ko abanyeshuri bagaburirwa ibiryo birimo petelori!

Babikora bibwira ko iyo petelori yica inzoka zo mu nda.

Raymond Murenzi yavuze ko ababikora bazabihanirwa kuko ari uguhumanya abana.

Asanga bakora amakosa akomeye.

Avuga ko ayo ari amakuru yumva ahwihwisa hirya no hino, bityo ko haramuts hari aho bigaragaye ko babikora, baba bakwiye kubihanirwa

Ati: “Ayo ni amakosa akomeye kuko Peteroli ifite ibindi yagenewe. Ntabwo yakozwe ngo ishyirwe mu biribwa ndetse haramutse hamenyekanye aho ariho, abo bantu bakwiye guhanwa kuko bashyira mu biribwa ibidakwiye gukoreshwa”.

Yunzemo ko Peteroli idashobora gukoreshwa mu kurinda abana indwara ahubwo yagira ingaruka nyinshi ku buzima bwabo.

Yavuze ko hari ibyo amabwiriza y’ubuzirangenge avuga ko bidakwiriye gukoreshwa n’ibyemewe byujuje ubuziranenge bikwiye gukoreshwa mu gutegura amafunguro.

Murenzi yashimiye inzego zitandukanye zaba iza Leta, iz’Abikorera ndetse n’abafatanyabikorwa bafatanya n’ikigo ayobora mu guteza imbere ubuziranenge mu nzego zitandukanye z’ibikorerwa mu Rwanda.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yavuze ko ubu bukangurambaga buje bwiyongera kuri gahunda ya Dusangire Lunch iherutse gutangizwa na Minisiteri y’uburezi.

Yavuze ko, binyuze muri iyo gahunda, ibibazo abana bahuraga nabyo byo kurya ibiryo bitujuje ubuziranenge bigiye gucika.

Ati:“Ubu twiteguye ko tugiye kubona abana biga batekanye kandi bariye neza”.

Guverineri Mugabowagahunde yavuze ko hirya no hino mu Ntara ayoboye hakorwa ubugenzuzi bwo kureba niba ububiko bw’ibiribwa by’abanyeshuri bumeze neza kandi nabyo bimeze neza.

Ati: “Ubu dufite abagenzuzi bo ku rwego rw’umurenge badufasha kuzenguruka mu bigo byibuze inshuro ebyiri mu Cyumweru bagenzira uko byifashe”.

Yasabye buri wese guteza imbere imirire iboneye n’uburezi bufite ireme ku mwana no guhuza imbaraga mu gutuma amabwiriza y’ubuziranenge aba ifatizo ry’ejo hazaza.

Mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ubuziranenge, inganda n’ibigo 17 byahize ibindi mu marushanwa yo ku rwego rw’igihugu mu buziranenge byashimiwe, bikazakomereza mu marushanwa ku rwego rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba

U Rwanda rwahise rutangiza ubukangurambaga ku buziranenge ku biribwa bihabwa abanyeshuri biga baba ku ishuri.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Tunoze ubuziranenge bw’ibiribwa dushyigikire ubuzima bwiza n’uburezi bufite ireme kuri bose.”

Guverinoma y’u Rwanda yongereye ingengo y’imari itanga nka nkunganire muri gahunda yo kugaburira abana ku ishuri aho yavuye kuri miliyari Frw 6 mu mwaka wa 2017/2018 igera kuri miliyari Frw 90 mu mwaka wa 2023/2024, ni izamuka ringana na 15% mu myaka irindwi ishize nk’uko biherutse gutangazwa na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente.

TAGGED:AbanafeaturedIbiribwaIntaraIshuriMugabowagahundePetelori
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Arusha Hagiye Kubera Inama Ikomeye Y’Abakuru Ba EAC
Next Article Perezida Kagame Ari Arusha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?