Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Amafaranga Asubizwa Abasora Babyemerewe N’Amategeko ‘Agiye Kongerwa’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Amafaranga Asubizwa Abasora Babyemerewe N’Amategeko ‘Agiye Kongerwa’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2023 6:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gushakira ibisubizo ibibazo abanyenganda bagaragaje ku byerekeye umusoro ubaremereye, Ikigo cy’imisoro n’amahoro cyatangaje ko cyongereye ingano y’ayo gifata ku musoro ku nyungu kinjije, hagamijwe kongera asubizwa abasora babyemerewe n’amategeko.

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro cyari gisanzwe gikura 12% ku musoro ku nyungu cyinjije asigaye akajya mu isanduku ya Leta.

Icyakora ubu  iri janisha ryiyongereye kuko ariryo rigarukira abasora uyu musoro hakurikijwe icyo itegeko rigenga umusoro riteganya.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 20, Mutarama, 2023, nabwo i Kigali habereye inama yahuje abahagarariye abandi mu bagize urugaga rw’abikorera kugira ngo baganire kuri iki kibazo kandi barebe uko ubuvugizi ku bibazo bafite birebana n’imisoresherezwe bwakongerwamo imbaraga.

Muri iyi nama hari hatumiwe n’abakozi b’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro.

Abacuruzi n’abashoramari muri rusange bavuga ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu byaka imisoro myinshi kandi ihanitse.

Ingero z’ibi ni nk’umusoro ku nyongeragaciro (TVA), u Rwanda ruwusabaho ungana 18 % kimwe n’ibindi bihugu nk’u Burundi, Tanzania na Uganda, mu gihe muri Kenya ho uwo musoro ni 16 %.

Twabibutsa ko Kenya ari cyo gihugu gifite ubukungu buri hejuru kurusha ibindi bihuriye nacyo mu Muryango w’Afurika y’i Burasirazuba.

Perezida Paul Kagame aherutse gusaba inzego zose bireba kwicara bakareba niba nta buryo imisoro yagabanywa, bigatuma abantu bayisora batijujuta kandi bagasora myinshi.

Icyo gihe yavuze ko ‘kuremereza imisoro’ atari byo bituma hasorwa myinshi.

TAGGED:AbacuruzifeaturedIkigoImisoroRevenueRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Biruta Yaganiriye N’Abahagarariye Ibihugu Byabo Mu Rwanda
Next Article Yapfuye Avuye Mu Nama Y’Abaminisitiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?