Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Guverinoma Igiye Gushyira Miliyari Frw 27 Mu Kunoza Imisorere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Guverinoma Igiye Gushyira Miliyari Frw 27 Mu Kunoza Imisorere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 January 2023 11:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro yatangaje ko igiye kwigomwa nibura Miliyari Frw  27 Frw mu rwego rwo kuvugurura no kunoza  gahunda z’imisoro.

Perezida Kagame aherutse gucyebura abashinzwe politiki y’ubukungu n’imisoro ngo bazicare barebe niba itagabanywa ntikomeze kuremera abaturage.

Komiseri Mukuru wa RRA, Ruganintwali Bizimana Pascal niwe uherutse kuvugira mu kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru ko hari kurebwa icyakorwa ngo imisoro itangwe mu buryo bworoheye abaturage kuri

Ku byiciro by’imisoro minini mu Rwanda harimo  umusor  nyongeragaciro TVA, umusoro ku mushahara, umusoro ku nyungu n’umusoro ku mutungo utimukanwa.

Hejuru y’iyi hari indi.

Ubusanzwe umuguzi ni we wishyura umusoro ku nyongeragaciro wa 18% by’igiciro cy’ibyo aguze.

Kugeza ubu ikigo cy’igihugub gishinzwe imisoro n’amahoro, kivuga mu rwego rwo gukangurira abantu ikoreshwa rya EBM, umuguzi uzajya agura yaciwe umusoro hari umushinga wagejejwe mu nteko ishinga amategeko ngo iwusuzume.

Ni umushinga wo gutuma umuturage asubizwa nibura 10% by’ayo yaciwe kuri TVA.

Rugantwari ati: “Dukeneye gufata ingamba zidasanzwe zituma abagomba gusora basora uko bikwiye no kurebera hamwe ikiremerera abaturage. Hari gahunda y’uko umuturage uzajya acibwa umusoro nyongeragaciro azajya asubizwa 10% by’ayo yaciwe.”

Ubu ngo hari gukorwa inyigo y’uko iryo gabanya ryazakorwa.

Umuyobozi wa Rwanda Revenue Authorityi agaragaza ko bizakorwa nyuma yo guhuza telefoni n’ikoranabuhanga rya EBM ku buryo uguze ashobora kuzajya ahabwa nibura 10% by’ayo yaciwe ku musoro ku nyongeragaciro hifashijwe Mobile Money cyangwa konti ya Ejo heza.

Mu rwego rwo kongera abasora no kwagura abasora, hiyongera abasoreshwa 15% buri mwaka.

Yavuze ko uyu mwaka (2023) Leta izigomwa nibura Miliyari Frw  27 kugira ngo ishyirwa mu bikorwa ry’umusoro itabangamiye abaturage rigerweho.

Ruganintwali avuga ko icyo ikigo cye kiri gushaka ari uko abaturage boroherezwa, ariko nanone umusoro nawe ntubure.

Amafaranga Leta izigomwa arimo ashingiye ku miterere mishya y’imisoro ku mushahara aho guhera ku mafaranga Frw 0 kugeza kuFrw  60.000, umusoro ari 0%.

Guhera kuri 60.001 Frw kugeza ku Frw 100.000, umusoro ukaba 10% uvuye kuri 20%.

Guhera ku Frw 100.001 Frw kujyana hejuru ukaba 20% bivuye kuri 30% naho guhera Frw 200.001  kujyana hejuru ni 30%.

Ubuyobozi bwa Rwanda Revenue Authority buhumuriza abaturage ko hari ibigiye gukosorwa ku buryo umusoro utazaba ikibazo ku muturage.

U Rwanda rufite gahunda ko imisoro izagira uruhare mu ngengo y’imari ya Leta ku kigero cya 100% mu gihe kuri ubu iri kuri 57%.

RRA igaragaza ko umwaka wa  2022 w’isoresha, yabashije gukusanya Miliyari Frw1907,1 , mu gihe yari yarasabwe gukusanya miliyari Frw 1831,3.

TAGGED:featuredGuverinomaIkigoImisoroLeta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwari Uhagarariye Uganda Muri Kenya Yapfuye
Next Article Isomwa Ry’Urubanza Rwa Bamporiki Ryasubitswe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?