Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda Rugiye Kwakira Inama Nyafurika Ku Iterambere Ry’Ingufu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda Rugiye Kwakira Inama Nyafurika Ku Iterambere Ry’Ingufu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 October 2023 3:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwaka wa 2024 uzaba umwaka w’ibikorwa bitandukanye mu Rwanda birimo n’inama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’ingufu zitanga amashanyarazi, yaba ayisubira cyangwa ay’ubundi bwoko.

Niyo nama ya mbere izaba ibaye ngo yige kuri iyi ngingo ariko izaba ngarukamwaka.

Abayiteguye bavuga ko izitabirwa n’abantu 6000, bazava hirya no hino muri Afurika no mu bigo mpuzamahanga bikora mu by’ingufu, za Kaminuza n’ibindi.

Abazitabira iriya nama bazarebera hamwe aho ikwirakwira ry’amashanyarazi mu cyaro cy’Afurika n’icy’u Rwanda by’umwihariko rigeze, barebere hamwe ibisigaye kugira ngo agere n’aho ataragera.

Yateguwe k’ubufatanye bwa Minisiteri y’ibikorwaremezo, Ikigo  cy’u Rwanda gitegura inama( Rwanda Convention Bureau) n’Ikigo Africa Energy Expo.

Umuyobozi muri Minisiteri y’ibikorwaremezo ushinzwe iby’ingufu witwa Gen Cesar yabwiye Taarifa ko iriya nama izasigira Abanyarwanda ubumenyi bazahabwa na bagenzi babo mu gutunganya no gukwirakwiza amashanyarazi aturuka ku zindi ngufu.

Muri uyu mujyo kandi, yavuze ko u Rwanda ruteganya kuzabyaza amashanyazi imbaraga zikomoka ku muyaga wo misozi yo mu Bigogwe mu Karere ka Nyabihu ariko ngo ni icyifuzo kizamara igihe kirekire.

Yagize ati: “ U Rwanda rwishimiye kuzakira iyi nama ya Africa Energy Expo, kandi tuzi neza ibibazo by’ubuke bw’imbaraga zitanga amashanyarazi uyu mugabane ufite. 43% by’abatuye Afurika nta mashyanyarazi namba bafite kandi abagera kuri miliyoni 970 nta bicanwa bifatika bagira.”

Izi ngingo ziri mu zizaganirwaho muri iriya nama kugira ngo abayitabiriye bazayivamo bagize ibyo bemeranyaho bizazamura urwego rw’ingufu muri Afurika muri rusange no mu Rwanda by’umwihariko mu rwego rwo gukemura ibibazo byavuzwe haruguru n’ibindi bijyana nabyo.

Izitabirwa n’ibigo birenga 50 bikorera hirya no hino muri Afurika.

Frank Murangwa ushinzwe kwamamaza aho nama ziteganyijwe kuzabera mu Rwanda (Director of Destination Marketing) mu Kigo gishinzwe inama zibera mu Rwanda, Rwanda Convention Bureau, avuga ko iriya nama izaba ubundi buryo bwo guha Abanyarwanda akazi.

Ni ikiganiro cyahuje Mininfra n’ibigo nka RCB.

Bimwe mu byo asanga Abanyarwanda bazayungukiramo ni uguhabwa  akazi ko gutanga  ibiribwa abo bantu bose bazakenera, kandi amahoteli azabakira bakazayasigira amafaranga ari nayo avamo imisoro.

Kuri we, izaba uburyo bwo kwinjiza amafaranga no kumenyekanisha u Rwanda kurushaho.

TAGGED:AfurikaAmashanyarazifeaturedInamaIngufuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi Wa Israel Mu Rwanda Yasezeye Umugabo We Wagiye Kurwana Na Hamas
Next Article M23 Ikomeje Gushinja Ingabo Z’Uburundi Gufasha Abayirwanya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?