Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sena Irashaka Ko Minisitiri W’Intebe Ayisobanurira Icyo Leta Iteganya Ku Bibazo Biri ‘Mu Midugudu’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Sena Irashaka Ko Minisitiri W’Intebe Ayisobanurira Icyo Leta Iteganya Ku Bibazo Biri ‘Mu Midugudu’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2022 7:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Nteko rusange ya Sena y’u Rwanda yaraye iteranye, Abasenateri banzuye ko Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente azaza kubasobanurira ingamba Leta yafashe ngo ibibazo basanze mu midugudu y’icyitegererezo baherutse gusura bicyemuke. Muri byo harimo n’isuku nke mu bayituye.

Ni icyemezo Sena yafashe nyuma yo gusuzuma raporo ishingiye ku ngendo ngenzuzi Komisiyo yihariye  ya Sena yari iyobowe na Senateri Marie Rose Mureshyankwano iherutse kugirira mu midugudu y’icyitegererezo hirya no hino mu Rwanda.

Izi ngendo zakozwe mu gihe cy’ukwezi.

Mu kiganiro gito Senateri Mureshyankwano yahaye Taarifa taliki 25, Mutarama, 2022 yavuze ko kimwe mu bibazo basanze mu midugudu basuye ari isuku nke akenshi iterwa n’uko abaturage bahawe ziriya nzu batatojwe amajyambere kare ngo bumve ko inzu batuyemo ari izabo, atari iza Leta.

Hon Mureshyankwano icyo yavuze ko abo baturage babiterwa n’uko bafite imyumvire idahwitse, y’uko Leta ari yo ikwiye gusana inzu yabahaye.

Yatubwiye ko imwe mu mpamvu zituma bagira iriya myumvire ari uko hari bamwe baba barakuze batarigeze babona ayo majyambere bityo bikabatonda.

Hon Marie Rose Mureshyankwano(Photo@Igihe)

Ku rundi ruhande ariko, ashima ko hari abita kuri ziriya nzu bitewe n’uko basobanukiwe akamaro kazo.

Yashimye abayobozi b’inzego z’ibanze bafashije abaturage kumva ko ziriya nzu ari izabo kandi n’abatarabyumva hari ngo hari icyizere cy’uko bazabyumva.

Ikindi kibazo Sena yasanze kiri mu midugudu myinshi y’icyitegerezo ni uko hari ibikorwa remezo nka Biyogazi zubatswe ku mafaranga menshi ariko zidakora.

Hon Mureshyankwano yatubwiye ko  hari henshi basanze iki kibazo.

Ndetse ngo hari n’inzu  zasenyutse kubera ko zimaze igihe zubatswe kandi kuva zuzura ntizirasanwa.

Nyuma yo kubona biriya bibazo Abasenateri bagize iriya Komisiyo yihariye babikubiye muri raporo baraye bagejeje ku Nteko rusange ya Sena irabyiga isanga ari ngombwa gutumiza Minisitiri w’Intebe nk’Umukuru wa Guverinoma ngo azayihe ibisobanuro ku ngamba zo gucyemura biriya bibazo.

Imidugudu 120 niyo imaze kubakwa mu Rwanda kugeza ubu. Ni umubare ukomatanyije imidugudu isanzwe n’imidugudu y’icyitegererezo.

TAGGED:AbaturagefeaturedImiduguduMureshyankwanoSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayobozi Ba Polisi Ya Malawi Bari Mu Rwanda Kwiga Kurwanya Iterabwoba
Next Article Perezida Kagame Arasura Mauritania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

AFC/M23 Ishinja Leta Ya Kinshasa Kutubahiriza Ibyo Guhana Imfungwa

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kirehe – Polisi Yarashe Uherutse Kwica Umumotari Akamwambura Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Gitunganya Intanga Zo Gutera Ihene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Mu Minsi Mikuru Abantu 92 Bafunzwe Bazira Gutwara Banyoye Inzoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?