Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda n’u Burundi Byaganiriye Ku Rugendo Rwo Kuzahura Umubano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda n’u Burundi Byaganiriye Ku Rugendo Rwo Kuzahura Umubano

Last updated: 23 September 2021 9:43 am
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burundi Amb. Albert Shingiro, byibanze ku rugendo rwo kuzahura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Ni ibiganiro byabereye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho abo bayobozi bombi bitabiriye ibikorwa by’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Burundi yatangaje binyuze kuri Twitter ko ibyo biganiro byibanze “ku miterere y’urugendo rwo kuzahura umubano mwiza hagato y’ibihugu byombi.”

Echange entre S.E @Vbiruta, Ministre des Affaires Etrangères & de la Coopération Int'l du #Rwanda & l'Amb. @AShingiro, Ministre des Affaires Etrangères & de la Coopération au développement du #Burundi, sur l'état du processus de normalisation des liens bilatéraux entre leurs pays pic.twitter.com/klioAnJooC

— MAECD (@MAEBurundi) September 22, 2021

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi ntiwifashe neza guhera mu mwaka wa 2015, ubwo habaga imyigaragambyo y’abataremeraga icyiswe manda ya gatatu ya Perezida Pierre Nkurunziza, ku buryo bagerageje guhirika ubutegetsi.

U Burundi bwashinje u Rwanda gushyigikira uwo mugambi ariko rukabihakana, ahubwo rugahinja u Burundi gucumbikira abagamije kuruhungabanyiriza umutekano binyuze mu guha icyuho imitwe yitwaje intwaro yisuganyiriza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ikabasha kwinjiza abarwanyi n’ibikoresho.

Hari n’ibitero bitandukanye byagiye bigabwa mu Rwanda n’abantu baturutse ku butaka bw’u Burundi, cyane cyane mu ishyamba rya Kibira rifatanye na Pariki y’Igihugu ya Nyungwe.

U Burundi mu mvugo za Perezida Evariste Ndayishimiye, bwakomeje gukoresha amagambo akomeye ku Rwanda, buvuga ko ari igihugu cy’icyiyorobetsi.

Byageze aho muri Gicurasi 2020 Ingabo z’u Rwanda zarasanye n’iz’u Burundi, nyuma y’uko abarobyi bo muri icyo gihugu binjiye mu mazi yo ku ruhande rw’u Rwanda. Umusirikare w’u Burundi Adjudent Nitunga Jonathan yahasize ubuzima.

Nyuma y’urugendo rwo kugerageza kuzahura umubano, ku wa 20 Ukwakira 2020 Minisitiri Dr Vincent Biruta yagiranye ibiganiro na mugenzi we Amb. Albert Shingiro, ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera.

Ni inama yabaye ku cyifuzo cy’u Burundi, hasuzumwa uko umubano hagati y’ibihugu byombi uhagaze n’uburyo bwo kuwusubiza ku murongo.

Icyo gihe Minisitiri Biruta yagize ati “Twiyemeje gukomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo umubano hagati y’ibihugu byacu ube waba mwiza, ari nayo mpamvu nemeye n’ubutumire bwa mugenzi wanjye bwo kuzagirira uruzinduko mu gihugu cy’u Burundi, ku matariki tuzumvikanaho.”

Urwo rugendo mu Rwanda ruracyategerejwe.

Mu kiganiro yagiranye na RBA mu ntangiro z’uku kwezi, Perezida Paul Kagame yagaragahje ko hari ubushake bwo kuzahura umubano ku bihugu byombi.

Ati “Ku Burundi, turashaka guteza imbere umubano wacu n’u Burundi kandi u Burundi burabikeneye ku byo tumaze kubona, ba Minisitiri bacu, abayobozi b’inzego z’umutekano, bahuye inshuro zitandukanye, bakomeje guhura, ndatekereza ko ibintu birimo kumera neza kandi dushaka ko biba byiza kuko biri mu nyungu z’u Burundi no mu nyungu z’u Rwanda, kandi ndatekereza ko turi mu nzira nziza.”

Ubwo ku wa 1 Nyakanga u Burundi bwizihizaga isabukuru w’imyaka 59 y’Ubwigenge, Prezida Kagame yohereje Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente mu birori byabereye muri Stade Ingoma mu murwa mukuru Gitega.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko ku Barundi benshi “ni nk’igitangaza babonye, mu gihe hari hashize iminsi turimo kurebana nabi.”

Mu Kirundi umubano umaze iminsi hagati y’ibihugu byombi yawise “kubyaruzanya.”

Yashimangiye ko mu Kirundi no mu Kinyarwanda bavuga ko icyerekwa ari ikibona kandi ikibwirwa ari icyumva, ndetse ko ifuni ibagara ubucuti ari akarenge.

Ati “Kubona rero uno munsi mutuzaniye akarenge bifite icyo bisobanuye, twabonye kandi twumvise.”

Mu minsi ishize u Rwanda n’u Burundi byahererekanyije abantu bagiye bakora ibyaha bagahunga, nk’ikimenyetso cy’umubano mwiza mu gihe kiri imbere.

🇷🇼 🇧🇮
Minister @Vbiruta met with Amb. @AShingiro, his counterpart from #Burundi. They exchanged on matters of bilateral relations between our two countries, and the road to normalization. #UNGA #UNGA76 pic.twitter.com/bLOZGtJy0i

— Ministry of Foreign Affairs & Int'l Cooperation (@RwandaMFA) September 22, 2021

TAGGED:Albert ShingiroBurundiDr Vincent BirutaEvariste NdayishimiyefeaturedUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupolisikazi N’Abapolisi Bose Bakora Akazi Kamwe-DIGP Namuhoranye
Next Article Akamashini Kaguruka Gatahura Ikirere Cyanduye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?