Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gutaha Icyambu Kinini Ku Kiyaga Cya Kivu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gutaha Icyambu Kinini Ku Kiyaga Cya Kivu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2024 11:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu kuri umwe mu myaro yo ku kiyaga cya Kivu ku ruhande rw’Akarere ka Rubavu hazatahwa icyambu kizajya cyakira imizigo ifite uburemere bwa Toni 700,000 mu gihe cy’umwaka.

Ni icyambu kiri mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, kikazafasha abacuruzi bo mu Rwanda guhahirana na bagenzi babo bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Icyambu cya Nyamyumba cyatangiye gukoreshwa mu buryo bw’igerageza mu gihe cy’umwaka, ubu kikaba kigiye gutahwa ngo gitangire gukora ku mugaragaro, byeruye.

Cyubatswe kuri hegitari ebyiri ku bufatanye hagati ya Leta y’u Rwanda n’ikigo cy’Abaholandi ndetse n’ikigo cyo mu Bwongereza kitwa TradeMark Africa.

u Rwanda ruzagitaha mu buryo bweruye kuri uyu wa Gatanu taliki 06, Ukuboza, 2024.

Mu nkengero z’iki cyambu hubatswe inyubako  zizacumbikira abakozi barimo n’abashinzwe kukirinda.

Akamaro k’iki cyambu kazarenga kuba ako gufasha mu bucuruzi kagere no mu kuzamura ishoramari ry’i Rubavu.

U Rwanda rurashaka kuba Ihuriro ry’ubucuruzi bukorerwa mu kiyaga cya Kivu kugira ngo u Rwanda, Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’Uburundi bihahirane, byoroshye inyungu hagati yabyo.

Inyigo yakozwe n’Ikigo TradeMark mu mwaka wa 2017 yatangaje ko uriya mushinga niwuzura uzazamura inyungu mu bucuruzi buhakorerwa, bikagabanya igiciro cy’ubwikorezi, kandi bigakorwa mu buryo butangiza ibidukikije.

Kizagabanya igiciro cy’ubwikorezi kuri Toni imwe  kuko mu mwaka wa 2017 cyari $28.40 ariko ubu kizagabanuka kikagera ku $12.17.

Ni ikinyuranyo kingana na $15.7.

Muri iki gihe abantu bari hagati ya 80 n’abantu 150 nibo bakorera kuri kiriya cyambu.

Kiri mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyamyumba

Amafoto: The New Times

TAGGED:featuredIcyambuRubavuRwandaUbucuruziUbukunguUbwato
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda Revenue Yatangije Uburyo Bworoheye Usora 
Next Article Umuyobozi Muri Karongi Ati: ‘Ikibazo Cy’Amazi Twaragikemuye’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?