Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Kugabanya Ibiciro Byo Kwipimisha COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Rwanda Rugiye Kugabanya Ibiciro Byo Kwipimisha COVID-19

admin
Last updated: 28 June 2021 11:22 am
admin
Share
SHARE

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubuzima Dr Nsanzimana Sabin yavuze ko u Rwanda ruri mu biganiro n’abakora ibikoresho bipima COVID-19, ku buryo mu minsi mike ibiciro byo kwipimisha bizagabanyuka cyane, abantu bakoroherwa no kumenya uko bahagaze.

Kugeza ubu mu Rwanda hakoreshwa ibipimo by’ubwoko bubiri: hari igitanga igisubizo cyihuse kigurwa 10.000 Frw n’igitanga igisubizo cyizewe kurushaho kizwi nka PCR Test (Polymerase chain reaction, PCR, test), cyishyurwa 50.000 Frw.

Dr Nsanzimana yavuze ko hari icyizere ko mu gihe kiri imbere kwipimisha bizahenduka kurushaho.

Ati “Igiciro cyo kwipimisha buriya cyatangiye kiri hejuru cyane, kigera ku 10.000 Frw, ubu turi no kubona ko gishobora no kugabanyuka, hari ibiganiro biri gukorwa hagati y’abakora biriya bipimo na Guverinoma y’u Rwanda.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

“Nabyo turabyizeye ko bishobora kujya munsi cyane ya kiriya giciro, ariko ntabwo twabitangaza bitararangira.” Yari mu kiganiro kuri Isibo TV.

Dr Nsanzimana yavuze ko abantu bakwiye gukomeza kwirinda COVID-19, kubera ko hari ibyiza byinshi u Rwanda rwizeye mu rugamba rwo guhangana n’iki cyorezo.

Ibyo birimo kubona inkingo za COVID-19, aho u Rwanda rwifuza gukingira 60% kugira ngo rwizere ko ubuzima bushobora gusubira nk’uko bwahoze mbere y’iki cyorezo. Gusa hamaze gukingirwa gusa hafi 7%.

U Rwanda rufite gahunda yo gukomeza gushaka inkingo za COVID-19, izunganirwa n’umushinga urimo kunozwa wo gukorera mu Rwanda inkingo za COVID-19 kimwe no muri Senegal na Afurika y’Epfo.

Dr Nsanzimana yakomeje ati “Turatekereza ko uwo mushinga mugari wo gukorera inkingo muri Afurika uzaba ureba n’izindi Corona cyangwa ikindi cyorezo kizaza mu myaka iri imbere. Rero ntabwo navuga ngo tubyirukanse, ariko uyu mwaka uzarangira twabonye inkingo nyinshi, igihugu zaba ziturutsemo cyose. Icy’ingenzi ni uko ziza zujuje ubuziranenge kandi zigafaha abantu kumererwa neza.”

- Advertisement -

Kugeza ubu mu Rwanda abamze gukingirwa ni 391,675, barimo 248,718 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa AstraZeneca.

Dr Nsanzimana yavuze ko hari abantu bamwe bahawe urukingo rwa mbere, batarajya gufata urwa gatatu.

Ati “Hari abo twabuze nanubu ngo baze gufata urwa kabiri, ubwo nabo tubonereho cyane cyane abakiri bato bakora no muri iyo mirimo [yongera ibyago byo kwandura], urubyiruko rw’abakorerabushake cyangwa n’abaganga n’abandi, abato kenshi bakunda kugorana kugira ngo umubone aze anakingirwe.”

 Yavuze ko u Rwanda rwagize amahirwe ko nta bantu rufite barwanya iby’inkingo, mu gihe mu bindi bihugu bavugaga ko umuntu urutewe ahinduka ikindi kintu.

 

TAGGED:COVID-19Dr Nsanzimana SabinfeaturedUrukingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwari Uhagarariye Inyungu Z’U Bufaransa Mu Rwanda Yarangije Imirimo Ye
Next Article Mu Minsi Ine Abantu 35 000 Bafashwe Bishe Amabwiriza Kuri COVID-19-CP Kabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?