Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwagize Icyo Rutangaza Ku Cyemezo Gishya Cy’Ubwongereza Ku Bimukira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagize Icyo Rutangaza Ku Cyemezo Gishya Cy’Ubwongereza Ku Bimukira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 July 2024 9:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko u Rwanda rwubahirije ibikubiye mu masezerano rwagiranye n’Ubwongereza ku kibazo cy’abimukira.

U Rwanda ruvuga ko icyemezo Ubwongereza bwafata ku bimukira ari ikibazo kibureba.

Rwemeza ko rwakijemo ngo rutange umusanzu waryo ariko ko iby’abimukira bitarureba.

Iryo tangazo ryizeza amahanga ko ruzakomeza gutanga umusanzu warwo mu gukemura ikibazo cy’abimukira aho kizagaragara hose ku isi.

U Rwanda ruvuga ko ruzabikora binyuze mu kubaha aho gutura hatekanye kandi abifuza kuruzamo bagahabwa ayo mahirwe.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda

Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Keir Starmer aherutse kwerura ko amasezerano hagati y’u Rwanda n’igihugu cye yari yarasinywe n’abamubanjirije yari yarapfuye kandi yarahambwe ndetse ngo ibyo byabaye mbere y’uko anatangira gushyirwa mu bikorwa.

Starmer yahise atangaza ko ahagaritse gahunda yo kohereza mu Rwanda abimukira binjira mu gihugu cyabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ishyaka rye ry’Abakozi (Labour Party) riherutse kwegukana intsinzi ku bwiganze mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza.

Iyi gahunda yo kubohereza mu Rwanda yatangijwe na ba Minisitiri b’Intebe batatu bayoboye u Bwongereza, ari bo Boris Johnson, Liz Truss na Rishi Sunak.

Icyakora yajemo kidobya nyinshi zitewe n’uko Sosiyete Sivile n’abanyamategeko bamwe bavugaga ko hari ibitanoze biyirimo.

U  Rwanda n’u Bwongereza bari basanganywe amasezerano ku byerekeye imibereho myiza y’abimukira

Byaje no kuba ngombwa ko hakorwa andi masezerano avuguruye.

Ibi byose ariko Starmer yabiteye utwatsi avuga ko ayo masezerano ntabl gaciro afite.

Ku wa 14 Mata 2022 nibwo u Rwanda n’u Bwongereza byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye no kwakira abimukira hamwe n’ibijyanye n’iterambere ry’ubukungu.

TAGGED:BwongerezafeaturedGuverinomaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gicumbi: Mu Mafu Menshi Bategereje Kagame
Next Article Kagame Yasuye Ku Mulindi W’Intwari 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Angola Igiye Kujya Itunganya Diyama Yose Icukura

Abimukira Ba Mbere Boherejwe Na Amerika Bageze Mu Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?