Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubucuruzi Mpuzamahanga Buragana Heza-Raporo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubucuruzi Mpuzamahanga

Ubucuruzi Mpuzamahanga Buragana Heza-Raporo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 October 2021 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare itangazwa n’Umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi, World Trade Organization, ivuga ko ibipimo bafite byerekana ko igipimo cy’ubucuruzi ku Isi kizanzamuka mu bihe biri imbere ariko ko hari imbogamizi buzahura nazo.

Biteganyijwe ko mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2021-2022 ubucuruzi mpuzamahanga buzaba buri ku kigero cya 10.8% ariko buzamanuka bukagera kuri 4.7% mu gihembwe kizakurikiraho.

Impamvu batanga z’iyi mibare ni uko ubukungu bw’ibihugu bikize cyane, ibifite ubukungu bwo hagati n’ibifite ubukizamuka, bwazamutse kandi buzarushaho kuzamuka mu gihe gito kiri imbere.

Umuyobozi w’Umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi Madamu Ngozi Okonjo-Iweala avuga ko ubucuruzi buri kuzamuka cyane cyane mu byerekeye ibikoresho by’ubuvuzi, iby’isuku n’ikoranabuhanga kandi ngo kubera ko ubukerarugendo busa n’ubwasubukuwe hirya no hino ku Isi, ibintu bizarushaho kugenda neza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yemeza ariko ko niba hatabayeho uburyo buhamye kandi buhuriweho n’Isi bwo gukingira abayituye, gukura k’ubukungu gushobora kudindira.

Ati: “ Niba abantu badakingiwe hirya no hino ku isi, tuzakomeza kubona ubwoko bushya bwa COVID-19 yihinduranyije kandi ibi bizakoma mu nkokora ubukungu twifuza kugera ho mu myaka iri imbere.”

Umuyobozi w’Umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi Madamu Ngozi Okonjo-Iweala

COVID-19 kugeza ubu imaze guhitana abantu miliyoni 4.7 ku isi hose, abayanduye bo bamaze kurenga miliyoni 233 nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi ribivuga.

Ikindi kibazo Umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi uvuga ko kizaba imbogamizi ni uko hari impungenge ko hari amafaranga y’ibihugu runaka ashobora kuzata agaciro, bigatuma Banki nkuru z’ibyo bihugu zihura n’ikibazo cyo kongera kunonosora politiki z’ifaranga bityo bikaba byadindiza ubukungu mu gihe runaka.

Hari raporo y’uriya muryango ivuga ko imwe mu mpamvu zo kuzamuka kw’ibiciro hamwe na hamwe ku isi ni uko hari ibicuruzwa bimwe byabuze ku isoko ry’ibihugu.

- Advertisement -

The Bloomberg yanditse ko kimwe mu bindi bishobora kuzatuma ubukungu budasubira ku murongo mu buryo bwihuse, ni uko hari ibicuruzwa bimwe bizatinda kuva kuri za gasutamo cyane cyane iziri ku byambu by’inyanja, ibindi bigashyirirwaho igiciro cy’ubwikorezi gihanitse, ndetse hakiyongeraho n’ibiciro byo hejuru by’ibikoresho nkenerwa nk’intsinga z’amashanyarazi izikwirakwiza murandasi, essence na petelori n’ibindi.

Imibare y’Umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi igaragaza ko umusaruro mbumbe w’umuturage ku isi wagabanutseho  3.8% mu mwaka wa  2020 ariko ko mu mwaka wa 2021 uriya musaruro warazamutseho 5.3%  hanyuma ukazagera kuri 4.1% mu mwaka wa 2022.

Raporo y’uriya Muryango ivuga ko iriya mibare izaba myiza cyane cyane mu bihugu byitabiriye gukingira ababituye kandi bikaba byarabangutse mu gukurikiza ingamba zo kurinda abaturage kwandura no kurwara COVID-19.

TAGGED:COVID-19featuredOkonjoUbucuruziUbukunguUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Butaliyani Bwahaye u Rwanda Inkingo 857,000 Za AstraZeneca
Next Article Abanyeshuri 210 Bemerewe Kwiga Ubuforomo Mu Mashuri Yisumbuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?