Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubufatanye Mu Butabera Bw’URwanda N’Ubwa Singapore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ubufatanye Mu Butabera Bw’URwanda N’Ubwa Singapore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2021 11:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda Dr Faustin Ntezilyayo na mugenzi we wa Singapore witwa Sundaresh Menon basinye amasezerano mu bufatanye mu by’ubutabera.

Umuhango wo gusinya ariya masezerano wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ubutabera bwa Singapore bushingiye ku bintu bitatu:

Itegeko nshinga ryayo, imiterere y’ubutegetsi nyubahirizategeko, n’Inteko ishinga amategeko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Inyandiko igaragara kuri rukuta rwa Minisiteri y’Amategeko muri Singapore( Ministry of Law) ivuga ko kugira ngo abanya Singapore bakore inyandiko isobanura uko ubutabera bwabo bukora, babishingiye ku miterere y’ubutabera bwo mu Bwongereza.

Itegeko nshinga rya Singapore niryo rigena uko inzego eshatu z’ubutegetsi bwa Singapore zikora kandi zikorana.

Izo nzego ni ubutegetsi nyubahiriza tegeko, ubutegetsi nshingamategeko n’ubutegetsi bw’ubucamanza.

Muri Singapore, abantu batatu bakomeye mu butegetsi nyubahiriza tegeko ni Perezida wa Repubulika, Abagize Guverinoma na Minisitiri w’ubutabera( Attorney General).

Perezida wa Singapore niwe wemeza ko ingengo y’imari yatowe n’Inteko ishinga amategeko yakurikizwa uko yatowe, cyangwa akaba yabyanga igasubirwamo iyo arangije kureba ko hari ibitaritawemo ubwo yakorwaga cyangwa yemezwaga.

- Advertisement -

Niwe kandi ugena abagomba kujya mu myanya y’ubutegetsi kugira ngo bahe abaturage serivisi babagomba.

Abagize Guverinoma batorwa bakuwe mu bagize Inteko ishinga amategeko, kandi bakaba ari bo baha raporo y’ibyo bakora, aba nabo bakabagenzura.

Minisitiri w’ubutabera wa Singapore afite ububasha bwinshi kuko ari we ugira inama Guverinoma mu byerekeye amategeko kandi akagira ububasha bwo guhana abishe amategeko Singapore.

Urwego rushinzwe gukora amategeko rwa Singapore rugizwe na Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Abadepite n’Abasenateri.

Urwego rw’ubucamanza rwo rugizwe n’Urukiko rw’Ikirenga n’izindi nkiko.

Ukuriye urukiko rw’ikirenga aba ari Perezida warwo, akaba ari nawe uyobora ubutabera mu gihugu ku buryo buri tekiniki.

Singapore ni igihugu gitekanye kandi gikataje mu bukungu

Mu buryo buri Politiki, Minisitiri w’ubutabera niwe ugena politiki z’ubutabera hamwe n’abo bakorana.

Urwego rw’amategeko n’ubutabera bwa Singapore ruri mu nzego zikora neza kurusha izindi ku isi.

Ibi bigaragarira mu kuba urugomo ari ruke muri kiriya gihugu, kandi kikaba ari kimwe mu bihugu bibamo ruswa nke kurusha ibindi ku isi.

TAGGED:BwongerezafeaturedIntekoMinisiteriRwandaSingaporeUbutabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pasiteri Yafatanywe N’Abantu 62 Barimo Gusengera Mu Buvumo
Next Article Menya Byinshi Kuri ‘Super League’ Yatangijwe I Burayi, Igateza Impagarara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?