Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Sena Y’Uburundi Yishimiye Uko Bubanye N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umuyobozi Wa Sena Y’Uburundi Yishimiye Uko Bubanye N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2023 7:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Visi Perezidante wa Mbere wa Sena y’Uburundi Dénise Ndadaye uri mu Rwanda mu Nama yiswe Women Deliver 2023 Conference yakiriwe na Perezida wa Sena y’u Rwanda Hon Dr. François Kalinda baganira uko umubano wa Sena zombi zatezwa imbere.

Hon Ndadaye yavuze ko kuba yakiriwe neza mu Rwanda ari ikimenyetso cyerekana ko umubano w’ibihugu byombi uri kuba mwiza.

Perezida wa Sena y’u Rwanda we avuga ko baganiriye uko umubano w’ibihugu byombi warushaho kunoga no gutezwa imbere.

Ati: “ Dufite byinshi dusangiye, dufite imiryango myinshi duhuriyeho kandi ni imiryango yose yo muri aka karere ndetse n’ibibazo bimwe muri aka karere tubihuriyeho bito rero mu rwego rw’Inteko zishinga amategeko dushobora gutanga umusanzu wacu mu mibanire y’ibihugu byombi.”

Dr Kalinda avuga ko hari gahunda y’uko hasinywa amasezerano hagati y’ibihugu byombi agamije imikoranire irambye.

Ni amasezerano bita Memorandum of Understanding.

Visi Perezidante wa Mbere wa Sena y’Uburundi Dénise Ndadaye yavuze ko kuba we na bagenzi basuye u Rwanda ari intambwe izakomeza kuzamura imihahiranire kandi avuga ko bitarangiriye aho kuko ifuni ibagara ubucuti ari akarenge.

Mu gihe Hon Kalinda yakiraga Hon Dénise Ndadaye, Madamu wa Perezida w’u Burundi Angeline Ndayishimiye nawe yari ari mu Rwanda aho yakiriwe na mugenzi we Jeannette Kagame.

Kuva aho Perezida Ndayishimiye abereye umukuru w’Uburundi, umubano hagati ya Kigali na Gitega watangiye kuba mwiza ndetse imipaka irafungurwa.

TAGGED:AmategekoBurundifeaturedIntekoKalindaNdadayeRwandaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkongi Ziri Ku Isi Ni Intangiriro Y’Akaga Kari Imbere
Next Article Rwamagana: Ubushera Bwateye Abaturage 53 Kujyanwa Kwa Muganga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?