Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Sena Y’Uburundi Yishimiye Uko Bubanye N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umuyobozi Wa Sena Y’Uburundi Yishimiye Uko Bubanye N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2023 7:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Visi Perezidante wa Mbere wa Sena y’Uburundi Dénise Ndadaye uri mu Rwanda mu Nama yiswe Women Deliver 2023 Conference yakiriwe na Perezida wa Sena y’u Rwanda Hon Dr. François Kalinda baganira uko umubano wa Sena zombi zatezwa imbere.

Hon Ndadaye yavuze ko kuba yakiriwe neza mu Rwanda ari ikimenyetso cyerekana ko umubano w’ibihugu byombi uri kuba mwiza.

Perezida wa Sena y’u Rwanda we avuga ko baganiriye uko umubano w’ibihugu byombi warushaho kunoga no gutezwa imbere.

Ati: “ Dufite byinshi dusangiye, dufite imiryango myinshi duhuriyeho kandi ni imiryango yose yo muri aka karere ndetse n’ibibazo bimwe muri aka karere tubihuriyeho bito rero mu rwego rw’Inteko zishinga amategeko dushobora gutanga umusanzu wacu mu mibanire y’ibihugu byombi.”

Dr Kalinda avuga ko hari gahunda y’uko hasinywa amasezerano hagati y’ibihugu byombi agamije imikoranire irambye.

Ni amasezerano bita Memorandum of Understanding.

Visi Perezidante wa Mbere wa Sena y’Uburundi Dénise Ndadaye yavuze ko kuba we na bagenzi basuye u Rwanda ari intambwe izakomeza kuzamura imihahiranire kandi avuga ko bitarangiriye aho kuko ifuni ibagara ubucuti ari akarenge.

Mu gihe Hon Kalinda yakiraga Hon Dénise Ndadaye, Madamu wa Perezida w’u Burundi Angeline Ndayishimiye nawe yari ari mu Rwanda aho yakiriwe na mugenzi we Jeannette Kagame.

Kuva aho Perezida Ndayishimiye abereye umukuru w’Uburundi, umubano hagati ya Kigali na Gitega watangiye kuba mwiza ndetse imipaka irafungurwa.

TAGGED:AmategekoBurundifeaturedIntekoKalindaNdadayeRwandaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkongi Ziri Ku Isi Ni Intangiriro Y’Akaga Kari Imbere
Next Article Rwamagana: Ubushera Bwateye Abaturage 53 Kujyanwa Kwa Muganga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Beyoncé Yabaye Undi Muhanzi Ufite Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?