Mu Rwanda
Afurika y’Epfo yongeye kohereza uyihagararira mu Rwanda
Mandisi Bongani Mabuto Mpahlwa niwe watanzwe n’ubutegetsi bw’i Johannesburg ngo ahagarira inyungu z’Afurika y’Epfo mu Rwanda. Kuri uyu wa Kane taliki 3, Ukuboza, 2020 nibwo yahereje Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mu Rwanda, Dr Biruta Vincent impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye mu Rwanda.
Guhera muri 2018 Afurika y’Epfo nta muntu wari uyihagarariye mu Rwanda.
Mabuto Mpahlwa asimbuye Goerge Twala wavuye mu Rwanda mu Ukuboza, 2018.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda ivuga ko kuba Afurika y’Epfo yohereje uhagararira inyungu zayo i Kigali ari intambwe nziza yerekana ‘ubushake bw’ibihugu byombi mu gusubiza ibintu mu buryo.’
Mu kiganiro Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta yahaye abanyamakuru yavuze ko umubano w’ibihugu byombi wari mu nzira yo gusubira ku murongo.
Umubano w’ibihugu byombi wajemo igitotsi muri 2014 biza gutuma buri gihugu gicyura abari bagihagarariye mu kindi ndetse buri gihugu kibuza abaturage bacyo kujya mu kindi nk’uko byari bisanzwe.
Afurika y’epfo iherutse gutora itegeko ribuza impunzi ziyibamo gukora imirimo ya politiki.
Ibi byashimishije u Rwanda kuko byaje bica intege abarwanya Leta y’u Rwanda baba muri kiriya gihugu.
Hari hashize imyaka ibiri nta muntu uhagarariye Afurika y’Epfo mu Rwanda
Ivomo: The New Times
-
Mu Rwanda3 days ago
Kicukiro:Uwataburuwe Ku 110 000 Frw Yamenyekanye, Nicyo Yazize Twakimenye
-
Mu mahanga1 day ago
Bobi Wine yatoreye i Magere, yari kumwe n’umugore we Itungo
-
Mu Rwanda3 days ago
Rwanda: COVID-19 yishe Padiri , apfuye akurikira Padiri Ubald utarashyingurwa
-
Mu mahanga3 days ago
Burundi: COVID-19 Yafashe Indi Ntera, Perezida Ndayishimiye ‘Yarakaye’
-
Mu Rwanda8 hours ago
Umunyemari Aloys Rusizana yarekuwe
-
Imyidagaduro1 day ago
Producer Element Wadukanye ‘Eleeeh’ Muri Buri Ndirimbo Akoze Ni Muntu Ki?
-
Imyidagaduro2 days ago
Kuba Icyamamare Ukubaka Rugakomera Si Ibya Bose, Hari Abo Byananiye Mu Rwanda
-
Mu Rwanda2 days ago
RDF Irakomeza Akazi Muri CAR N’ubwo Yatakaje Umusirikare