Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Airtel-Rwanda Na Mbonyi Barabararitse Mu Gitaramo Icyambu Tour 4
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Airtel-Rwanda Na Mbonyi Barabararitse Mu Gitaramo Icyambu Tour 4

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2025 8:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Israel Mbonyi yatumiye abantu kuzitabira iki gitaramo.
SHARE

Israel Mbonyi azongera akore igitaramo yise Icyambu Tour kizaba kuri Noheli tariki 25, Ukuboza, 2025 no k’Ubunani Tariki 01, Mutarama, 2026 akazagitegurana na Airtel Rwanda mu rwego rwo gufasha n’abakiliya bayo kurangizanya umwaka ibyishimo bahimbaza Uwiteka.

Buzaba uburyo buboneye bwo guhuza abantu bagashimira Imana ibyo yabashoboje, bakaganira hagati yabo kandi bakumva imitima iruhutse binyuze mu ndirimbo Israel Mbonyi yahanze mu myaka yahise.

Igitaramo cya mbere azagikorera muri BK Arena tariki 25, Ukuboza, 2025 naho icya kabiri agikore k’Ubunani tariki 01, Mutarama, 2026 kibere kuri Stade ya Rubavu.

Umuyobozi mukuru wa Airtel Rwanda Sujay Chakrabarti yabwiye itangazamakuru mu kiganiro baraye bagiranye ko ikigo ayoboye kizakorana na Mbonyi nk’imwe mu nshingano zacyo zo kwegera abakiliya no kubaha ibibanogeye.

Ati: “ Intego yacu muri Airtel irumvikana neza: gutanga ibintu biri ku rwego rwo hejuru bikajyanirana na serivisi nziza, byose bigakorwa kugira ngo binogere abo dukorera. Muri izi mpera z’umwaka rero nabwo tuzakomereza muri uwo mujyo binyuze muri gahunda twise ‘IKOKINGE’ igamije gukomeza kwerekana ko Airtel IYOBOYE kandi ko Umukiliya ari Umwami.”

Avuga ko urugero rwerekana ko Airtel Rwanda iyoboye koko ari uko interineti yayo y’igisekuru cya kane( 4G) igera mu Rwanda hose, bikagirira akamaro abakiliya kandi badahenzwe.

Sujay Chakrabarti asezeranya abakiliya ba Airtel Rwanda ko mu mpera z’umwaka wa 2025 izakorana na Mbonyi mu rwego rwo kubafasha kurangiza umwaka bishimanye n’ababo aho bazaba bari hose.

Sujay Chakrabarti

Bizashoboka binyuze mu kugura interineti ihendutse, yihuta izabafasha haba mu guhamagarana barebana kuri videwo cyangwa mu guhamagarana bisanzwe bitabaye ngombwa ko bagura amayinite.

Icyakora n’abazashaka guhamagarana bayakoresheje nabo Airtel Rwanda ihora yiteguye kubibafashamo.

Israel Mbonyi yabwiye itangazamakuru ko iyi ari inshuro ya kane amaze akorana na Airtel Rwanda mu gutegura ibitaramo birangiza umwaka yise Icyambu Tour.

Abajijwe umwihariko icy’uyu mwaka kizaba gifite, yasubije ko ibyiza ari uko abantu bazagura tike bakoresheje Airtel Money bakazaza kubyirebera.

Yemeza ko mu nshuro zatambutse, hari ubunararibonye byamusigiye mu gutegura ibitaramo bityo ko abazitabira icy’uyu mwaka bazataha buzuye amashimwe.

Ati: “Ibitaramo nkoresha biba ari uburyo bwo gutuma abantu baruhuka mu mitima, bagashimira Imana aho ibagejeje kandi bakishimana n’ababo. Nshima ubufatanye mfitanye na Airtel Rwanda mu gutuma ibyo bigerwaho bigafasha abatuye Kigali na Rubavu n’ahandi kumva banyuzwe.”

Abashaka kugura amatike yo kuzaza mu gitaramo cye babikora banyuze kuri https://ticqet.rw, bakayagura bakoresheje Airtel Money.

Mbonyi arateganya kuzahemba bamwe mu bafana be bazagura amatike y’igitaramo cye mu ba mbere bakoresheje Airtel Money, bamwe bazahembwa mu gihe cya Noheli, abandi bikazaba mu gihe Ubunani buzaba bwegereje.

TAGGED:AirtelIgitaramoIkoranabuhangaNoheliRubavuUbunaniUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yaganiriye N’Itsinda Ry’Abayobozi Ba Banki Y’Isi
Next Article Nyamagabe: Ikibazo Cy’Ingo Zidafite Ubwiherero Buboneye Kirakomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Imyidagaduro

Umuhanzi Ruzima Yafatanywe Ikirundo Cy’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Uhagarariye u Rwanda Muri Singapore Yahaye Perezida Wayo Impapuro Zibimwemerera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubuzima

Rwanda: Ibicurane Byakuye Bamwe Umutima, Minisanté Irahumuriza Abantu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?