Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yafatiye Ibihano Umukobwa w’Uwahoze Ari Perezida Wa Angola
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yafatiye Ibihano Umukobwa w’Uwahoze Ari Perezida Wa Angola

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2021 5:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho ibihano bijyanye na viza kuri Isabel dos Santos ufatwa nk’umugore wa mbere ukize muri Afurika, uyu akaba ari umukobwa wa José Eduardo dos Santos wayoboye Angola imyaka 38 kugeza mu 2017.

Ni ibyemezo byatangajwe ku munsi mpuzamahanga wo kurwanya ruswa, aho hari urutonde rugaragaraho abantu benshi bashinjwa ibyaha bya ruswa.

Umunyamabanga wa Leta ya Amerika, Anthony Blinken, yasohoye itangazo rivuga ko muri iyo gahunda yabujije kwinjira muri Amerika abantu bavugwa kuri urwo rutonde  kimwe n’abagize imiryango yabo ba hafi.

Rivuga ko Dos Santos yashyizwe kuri urwo rutonde nk’uwahoze ari umuyobozi w’ikigo cya Leta, “kubera uruhare rukomeye yagize mu gukoresha nabi umutungo wa Leta mu nyungu ze bwite.”

Ni umwanya yariho ubwo Se yari Perezida wa Angola.

Ntabwo ariko itangazo rya Blinken risobanura neza uruhare rw’uyu mugore cyangwa ibyo aregwa uko byakabaye.

Gusa muri icyo gihe ashinjwa ko yigwijeho umutungo akaba umuherwe ukomeye, akagenda agura imitungo mu buryo butigeze busobanuka.

Mu bafatiwe ibihano kandi harimo abantu babiri bari bakomeye ku bwa Perezida Dos Santos barimo Leopoldo Fragoso do Nascimento wari ushinzwe itumanaho rye na Manuel Helder Vieira Dias wahoze ari Jenerali mu ngabo, kubera uruhare bashinjwa mu byaha bya ruswa binyuze mu inyerezwa no gukoresha nabi miliyari nyinshi z’amadolari za Leta mu nyungu bwite.

Abo bombi bahaniwe rimwe n’abagore babo n’abana kubera ibyaha bya ruswa.

Bafatiwe ibihano hagendewe ku iteka rizwi nka Global Magnitsky kubera uruhare bashinjwa mu byaha bya ruswa, bivuze ko badashobora gukorana ubucuruzi n’ibigo byo muri Amerika cyangwa kubona inyungu ku bikorwa biyobowe n’Abanyamerika.

Abandi bafatiwe ibihano barimo Senateri Prince Yormie Johnson wo muri Liberia n’umucuruzi ukomeye muri Sudani y’Epfo, Benjamin Bol Mel.

TAGGED:AfurikaAmerikaAngolafeaturedibihano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Avuga Ko Bidakwiye Ko Ikinyabiziga Cy’Uwanyoye Inzoga Agatwara Gifungwa
Next Article U Rwanda Ntiruzatezuka Ku Mugambi W’Iterambere Ry’Afurika- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?