Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CHOGM Yahawe Itariki Nshya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

CHOGM Yahawe Itariki Nshya

Last updated: 31 January 2022 4:18 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), Patricia Scotland, bemeje ko inama y’abakuru b’ibihugu na guverinoma bigize uyu muryango izwi nka CHOGM, izabera i Kigali mu cyumweru cyo ku wa 20 Kamena 2022.

Iyi nama yagombaga kuba kuva ku matariki ya 21-26 Kamena 2021, iza gusubikwa kubera izamuka ry’ubwandu bwa COVID-19. Yari inshuro ya kabiri isubitswe.

Iyi nama ubundi iba buri myaka ibiri, ariko kubera gusubikwa, iheruka kubera i London mu 2018.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye guha ikaze abazitabira CHOGM i Kigali, ikazaba mu buryo butekanye.

Yakomeje ati “Imyaka ibiri ishize yatugaragarije ko ubu dufite aho duhurira kurusha uko byahoze ndetse ko tugomba gufatanya kugira ngo tugere ku musaruro ufatika kandi urambye twifuza.”

“Inama yari itegerejwe cyane izaba ari umwanya mwiza wo guhurira hamwe ngo dushakire umuti ingorane zatewe n’icyorezo cya COVID-19 no kubakira ku ikoranabuhanga rishya n’amahirwe y’ubukungu mu gukemura ibindi bibazo bibangamiye abaturage bacu.”

Patricia Scotland na we yavuze ko ashimishijwe no kuba iyi nama igiye guterana, cyane ko ibibazo byugarije ibihugu bishobora kubonerwa umuti ari uko byicaye hamwe.

Muri iki gihe cy’icyorezo, inama za Commonwealth zagiye zikorwa ku nzego zitandukanye mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Yakomeje ati “Iyi izaba ari CHOGM ya mbere ibereye muri Afurika nyuma y’imyaka isaga cumi, nkaba nshima Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda ku bwitange bagaragaje mu gutegura CHOGM ntangarugero muri Kigali.”

Mbere y’uko hafatwa icyemezo cyo gusubika iyi nama mu 2020, Umuyobozi w’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda, RDB, Clare Akamanzi, yari yavuze ko yitezwemo amasezerano y’ubucuruzi ya miliyoni $700.

Icyo gihe byatangajwe ko ibikorwa by’iyi nama bizabera mu Intare Conference Arena, Serena Hotel, Ubumwe Grande Hotel, Kigali Conference and Exhibition Centre na Kigali Convention Centre izakira inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma.

Commonwealth igizwe n’ibihugu binyamuryango 54. U Rwanda rwinjiyemo mu 2009.

TAGGED:CHOGMfeaturedPatricia ScotlandPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gufungura Umupaka Wa Gatuna Byaba Bica Amarenga Yo Gufungura n’Uw’u Burundi?
Next Article Ni Nde Wemerewe Kwambuka Umupaka wa Gatuna?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?