Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impamvu Abanyaburayi Bagihatswe N’Abanyamerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Impamvu Abanyaburayi Bagihatswe N’Abanyamerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 June 2023 9:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyaburayi bazi neza ko Amerika ari igihugu kibafitiye akamaro kandi hari bamwe muri bo berura bakabivugira ku mugaragaro.

Mu mwaka wa 1999 ubwo muri Kosovo habaga ubwicanyi bamwe bavuga ko bwakwitwa Jenoside, ingabo z’Amerika yari iyobowe na Bill Clinton zakoze akazi kanini zibohora iki gihugu, zigishyira mu biganza by’abashobora kugiteza imbere.

Minisitiri w’Intebe wa Kosovo witwa  Ramush Haradinaj aherutse kuvuga ko Amerika ya Bill Clinton yatumye Kosovo ibaho, abaturage bayo ntibakorerwa Jenoside.

Abaturage ba Kosovo bo mu bwoko bw’aba ‘Albanian’ nibo bari bibasiwe n’ubwicanyi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma y’uko OTAN yari irangajwe imbere n’Amerika ihagarikiye ubwicanyi bwakorerwaga bariya baturage, ubu bakaba batekanye, Amerika iracyafatiye runini umutekano w’abandi banyaburayi.

Muri iki gihe igihugu cya mbere gikize mu Burayi ni Ubudage. Amerika ifiteyo ibirindiro biri mu bikomeye ifite n’ahandi ku isi.

Mu minsi mike ishize, ubwo Ubudage bwagendaga biguru ntege mu koherereza Ukraine imodoka z’intambara, Amerika yo yari yarangije kuzohereza kandi zihambaye kurusha iz’i Berlin.

Kuva Abarusiya batangiza intambara kuri Ukraine(muri Gashyantare, 2022), Amerika yahise ishyira ku ruhande ingengo y’imari ingana na miliyari €43 zo gufasha Ukraine kutaba ingaruzwamuheto y’Abarusiya.

Ni amafaranga aruta ayo ibindi bihugu byose by’Uburayi byateranyije ngo bizafashe mugenzi wabo; Ukraine.

- Advertisement -

Ibi bikubiye mu mibare iherutse gutangazwa n’ikigo cyo mu Budage kitwa Kiel Institute for the World Economy.

Yakusanyijwe guhera taliki 24, Mutarama, 2022 kugeza taliki 24, Gashyantare, 2023.

Igihugu cyo mu Burayi ‘kiri mu bikomeye’ byatanze amafaranga menshi muri uyu mugambi ni Ubufaransa bwa Emmanuel Macron bwatanze miliyoni €447.

Mu gihe Ubufaransa bwatanze ariya kandi ari igihugu gikomeye ndetse kiyoboye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri iki gihe, Repubulika ya Czech( Ubufaransa buyiruta inshuro eshanu mu buso) yatanze miliyoni €566.

Ikigaragara muri iyi mibare ni uko iyo Amerika itajya muri iyi ntambara ngo ikumire umuvuduko n’uburakari bw’ingabo za Putin, ubu ibendera ry’Uburusiya riba riri mu kirere cya Kiev.

Ubudage bumaze kubona ko umugambi w’Abarusiya kuri Ukraine ari mubisha kandi uzamara igihe kirekire, chancelier wabwo witwa  Olaf Scholz yatangije umushinga wo kubaka igisirikare gikomeye wagenewe miliyari  €100.

Byakozwe nyuma y’isesengura ryerekanye ko Ubudage budafite ingabo zihagije n’ibikoresho bizima byabufasha guhangana n’ibitero by’umwanzi bifite ubukana nk’ibyo Uburusiya bwatangije kuri Ukraine.

Ikindi cyerekana ko Uburayi bukesha Amerika amaramuko ni uko ari nayo ishyira amafaranga menshi mu ngengo y’imari ya OTAN.

Ikura 3.3% mu ngengo y’imari y’igihugu cyose, ikayishyira mu ngengo y’imari ya OTAN.

Ubudage buherutse gushyiramo 0.6% by’ingengo y’imari yavanywe mu misoro y’abaturage babwo.

Ibihugu bigize uyu muryango bise ‘uwo gutabarana’, bisabwa gutanga byibura 2% by’ingengo y’imari ariko nta na kimwe mu Burayi kirageza kuri uyu muhigo.

Nyuma y’Amerika, ikindi gihugu gifasha Ukraine ni Ubwongereza.

Twibukiranye ko butakiri mu Muryango w’Ubumwe bw’Uburayi, ibi bikaba ari n’imwe mu mpamvu zateye Ubufaransa ishyari, muri iki gihe bukaba buri kwitambika Umwongereza Ben Wallace ushaka kwiyamamariza kuyobora OTAN.

Inganda zo mu Budage zikora intwaro zivuga ko zititeguye gukora intwaro nshya kandi zigezweho kubera ko nta masezerano y’imikoranire irambye ziragirana na Leta.

Ziratinya ko zakora intwaro zizihenze hanyuma ejo zikabura abaguzi.

Politico yanditse ko amwe mu mafaranga yagenewe kuzafasha Ukraine, yatangiye gukoreshwa mu gukora intwaro zisimbura izo igisirikare cy’Ubudage( bakita Bundeswehr) gifite kuko zishaje.

Muri ibyo byose kandi Abadage bazi neza ko gukorana n’Amerika ari ubundi bwirinzi ntagereranywa.

Abanyaburayi muri rusange bazi ko Amerika ari marayika murinzi kandi mu nzego zose z’ubuzima.

Amerika irinda Uburayi ikoresheje uburyo burimo no gukora intwaro za kirimbuzi zereka ibindi bihugu bikomeye( harimo n’Uburusiya) ko bitagomba na rimwe kuyikinisha.

Igurisha Abanyaburayi indege z’intambara zigezweho, ikagira abasirikare ku butaka bw’Uburayi ndetse ikagurisha amasasu kuri uyu mugabane.

Urugero rwatangwa aha ni Pologne igura muri Amerika indege z’intambara, ibifaro n’imbunda zirasa ibisasu biremereye.

Iyo Amerika itabaho, Uburayi ntibuba bumeze uko bumeze muri iki gihe kuko butari kwivana mu nzara z’Abarusiya.

TAGGED:AmerikaBudageBufaransaBurayifeaturedIntambaraIntwaroUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Umucamanza ‘Yaburiye’ Rachid
Next Article Imana Ihe Abanyarwanda Gukira Neza Ibikomere- Perezida Wa Zambia Nyuma Yo Gusura Urwibutso
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?