Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kugeza Murandasi Kuri Bose Birihutirwa- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kugeza Murandasi Kuri Bose Birihutirwa- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2023 3:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame avuga ko iyo urebye uko isi yihuta, ukareba uruhare ikoranabuhanga ribigiramo, uhita ubona ko kurigeza ku bantu bose ari ikintu kihutirwa.

Yabivugiye mu nama mpuzamahanga iri kubera mu Rwanda ivuga ku byerekeye ikwirakwira rya murandasi aho ari ho hose ku isi.

Perezida Kagame avuga ko amasomo COVID-19 yasigiye isi ari uburyo bwiza bwo kwereka abayituye ko umuvuno mwiza wo guhangana n’ingaruka z’ibyorezo cyangwa andi madidane ari ukwifashisha ikoranabuhanga.

Avuga ko kuva kiriya cyorezo cyaduka mu isi, cyayisigiye umukoro wo kumva ko ikoranabuhanga rigomba kuba umusemburo wa buri terambere umuntu yifuza kugeraho.

Icyakora, Kagame avuga ibyakorwa byose ngo ikoranabuhanga rigerweho ariko bigakorwa hirengagijwe uruhare rw’urubyiruko, byaba ari ukuruhira ubusa.

Ati: “Icyorezo cyatweretse ko byihutirwa ko abantu bava mu bya kera ahubwo bakajya mu by’ubu bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Urubyiruko rwacu rwa ba rwiyemezamirimo nirwo shingiro yo kugera kuri izo mpinduka. Tugomba kurufasha mu byo rukora.”

Mu kugera kuri izi ntego, Perezida Kagame avuga ko bikwiye ko abaturage benshi bagerwaho n’amashanyarazi, bakabona ibikorwaremezo bibafasha gukoresha murandasi yihuta kandi ‘ihendutse’.

Perezida Kagame wari umushyitsi mukuru muri iriye nama, avuga ko kuba muri Afurika ari ho hantu hari kugezwa murandasi kurusha ahandi ku isi, ari ibyo kwishimira.

Gusa yemeza ko hakiri benshi bayikeneye cyane cyane abatuye mu cyaro cy’Afurika muri rusange n’icyaro cy’u Rwanda by’umwihariko.

Yongeye gushimangira ko kwishyira hamwe kw’ibihugu bituranye gushobora kuba intambwe nziza yatuma abaturage babona murandasi ikora neza kandi itabahenze cyane.

Ati: “ Binyuze mu mikoranire ya hafi, dushobora kugera kuri byinshi kandi vuba.”

Bivugwa ko 30% by’Abanyarwanda bangana na 80% by’abatunze telefoni muri rusange, ari bo bafite izishobora kwakira murandasi.

Ni inama yahuje abahanga mu ikoranabuhanga baturutse hirya no hino ku isi ngo barebere hamwe uko ryagezwa hose kandi rihendutse

N’ubwo ari uko bimeze, umuhati w’u Rwanda wo gufasha abarutuye bose gutunga telefoni zakira murandasi uracyakomeje.

Niyo mpamvu Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo hamwe na Airtel Rwanda baraye batangije umushinga witwa Connect Rwanda 2.0 ugamije ko bitarenze umwaka wa 2024, bazaba bamaze guha Abanyarwanda miliyoni 1 murandasi yo ku gisekuru cya kane.

TAGGED:AbaturagefeaturedIkoranabuhangaKagameMurandasiUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UNICEF Na Airtel Batangiye Guha Abanyeshuri Murandasi Ya 4G
Next Article U Rwanda Rurashimirwa Aho Rugeze Rutegura Trace Awards
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?