Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kugeza Murandasi Kuri Bose Birihutirwa- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kugeza Murandasi Kuri Bose Birihutirwa- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2023 3:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame avuga ko iyo urebye uko isi yihuta, ukareba uruhare ikoranabuhanga ribigiramo, uhita ubona ko kurigeza ku bantu bose ari ikintu kihutirwa.

Yabivugiye mu nama mpuzamahanga iri kubera mu Rwanda ivuga ku byerekeye ikwirakwira rya murandasi aho ari ho hose ku isi.

Perezida Kagame avuga ko amasomo COVID-19 yasigiye isi ari uburyo bwiza bwo kwereka abayituye ko umuvuno mwiza wo guhangana n’ingaruka z’ibyorezo cyangwa andi madidane ari ukwifashisha ikoranabuhanga.

Avuga ko kuva kiriya cyorezo cyaduka mu isi, cyayisigiye umukoro wo kumva ko ikoranabuhanga rigomba kuba umusemburo wa buri terambere umuntu yifuza kugeraho.

Icyakora, Kagame avuga ibyakorwa byose ngo ikoranabuhanga rigerweho ariko bigakorwa hirengagijwe uruhare rw’urubyiruko, byaba ari ukuruhira ubusa.

Ati: “Icyorezo cyatweretse ko byihutirwa ko abantu bava mu bya kera ahubwo bakajya mu by’ubu bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Urubyiruko rwacu rwa ba rwiyemezamirimo nirwo shingiro yo kugera kuri izo mpinduka. Tugomba kurufasha mu byo rukora.”

Mu kugera kuri izi ntego, Perezida Kagame avuga ko bikwiye ko abaturage benshi bagerwaho n’amashanyarazi, bakabona ibikorwaremezo bibafasha gukoresha murandasi yihuta kandi ‘ihendutse’.

Perezida Kagame wari umushyitsi mukuru muri iriye nama, avuga ko kuba muri Afurika ari ho hantu hari kugezwa murandasi kurusha ahandi ku isi, ari ibyo kwishimira.

Gusa yemeza ko hakiri benshi bayikeneye cyane cyane abatuye mu cyaro cy’Afurika muri rusange n’icyaro cy’u Rwanda by’umwihariko.

Yongeye gushimangira ko kwishyira hamwe kw’ibihugu bituranye gushobora kuba intambwe nziza yatuma abaturage babona murandasi ikora neza kandi itabahenze cyane.

Ati: “ Binyuze mu mikoranire ya hafi, dushobora kugera kuri byinshi kandi vuba.”

Bivugwa ko 30% by’Abanyarwanda bangana na 80% by’abatunze telefoni muri rusange, ari bo bafite izishobora kwakira murandasi.

Ni inama yahuje abahanga mu ikoranabuhanga baturutse hirya no hino ku isi ngo barebere hamwe uko ryagezwa hose kandi rihendutse

N’ubwo ari uko bimeze, umuhati w’u Rwanda wo gufasha abarutuye bose gutunga telefoni zakira murandasi uracyakomeje.

Niyo mpamvu Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo hamwe na Airtel Rwanda baraye batangije umushinga witwa Connect Rwanda 2.0 ugamije ko bitarenze umwaka wa 2024, bazaba bamaze guha Abanyarwanda miliyoni 1 murandasi yo ku gisekuru cya kane.

TAGGED:AbaturagefeaturedIkoranabuhangaKagameMurandasiUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UNICEF Na Airtel Batangiye Guha Abanyeshuri Murandasi Ya 4G
Next Article U Rwanda Rurashimirwa Aho Rugeze Rutegura Trace Awards
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?