Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Mozambique Yasuye Ingabo z’u Rwanda Muri Cabo Delgado
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Mozambique Yasuye Ingabo z’u Rwanda Muri Cabo Delgado

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2021 9:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi yasuye ingabo z’u Rwanda n’iz’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado, yari imaze igihe yibasiwe n’ibitero by’umutwe w’iterabwoba.

Ni uruzinduko Perezida Nyusi yagiriye mu Karere ka Mueda kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukuboza 2021 aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo.

Yakiriwe n’Umugaba w’Ingabo za Mozambique (FADM) w’agateganyo, Brig Gen Vidigal, wamuhaye ishusho y’uko umutekano uhagaze mu ntara za Cabo Delgado na Niassa.

Yanahuye n’abayobozi b’ingabo za Mozambique, u Rwanda na SADC bari muri buriya butumwa.

Perezida Nyusi yashimiye ibihugu byohereje ingabo muri kariya gace ku kazi keza zirimo gukora mu guhangana n’iterabwoba, abasaba gukomeza ibikorwa bya gisirikare mu Turere twa Macomia, Mocimboa da Praia, Nangade Mueda n’ikirwa cya Ibo.

Yanashimiye Perezida Paul Kagame w’u Rwanda n’Abanyarwanda bose, ‘bemeye kohereza abahungu babo mu bikorwa byo guhangana n’iterabwoba, yongeraho ko ubwitange bwabo butazigera bwibagirana’ nk’uko Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda yabitangaje.

Perezida Nyusi yanashimiye Ubutumwa bwa SADC muri Mozambique (SAMIM), bwari buhagarariwe n’umutwe udasanzwe w’ingabo za Botswana, ku butumwa bakomeje gukorera mu turere dutandukanye.

Yashimye ingabo za Botswana, Tanzania, Lesotho n’izindi zigira uruhare mu kugarura amahoro mu gihugu cye

Yashimiye Ingabo za Afurika y’Epfo, Tanzania na Lesotho ku musanzu zitanga mu kugeza amazi, ibiribwa no kongera gusana inzu z’abaturage mu duce zikoreramo.

Yasabye ko bakomeza kuba maso mu karere ka Macomia, aho abakora iterabwoba bakomeje guteza umutekano muke.

Yanasabye ingabo za Mozambique kwigira ku bunararibonye bw’izi ngabo barimo gukorana, kubera ko ‘aba bafatanyabikorwa ntabwo batazaguma muri Mozambique ubuziraherezo.’

Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Mozambique guhera muri Nyakanga, ubu bagera mu 2000.

Yasabye ingabo z’igihugu cye kwigira ku z’ibihugu byaje kubafasha kugarura umutekano kuko zitazaguma hariya ubuziraherezo

Boherejwe ku busabe bwa Leta y’icyo gihugu, nyuma yo kujujubywa n’ibitero by’umutwe w’iterabwoba wiyise Al-Shabaab, wari ukomeje gutwika ingo z’abaturage no kwica abaturage ubaciye imitwe.

Ni ibikorwa byadindije imishinga myinshi irimo uwo gucukura gaz karemano, ufite ishoramari rya miliyari $60.

Mu gihe Ingabo z’u Rwanda zamaze kwirukana uyu mutwe mu duce twinshi, ubu urimo gufasha mu kubaka inzego z’umutekano za Mozambique.

Perezida Nyusi muri urwo rugendo yirukanye Minisitiri w’Ingabo Jaime Augusto Neto, amusimbuza Cristovao Chume.

Ni nyuma y’uko yaherukaga gukuraho Minisitiri w’Umutekano Amade Miquidade.

TAGGED:Cabo DelgadofeaturedIngaboKagameMozambiqueNyusiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu Guhabwa Urukingo Rushimangira Rwa COVID-19 Byashyizwe Ku Mezi Atatu
Next Article Ubwandu Bushya Bwa COVID-19 Muri Uganda Bwageze Kuri 22%
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?