Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Yavuze Uko Yataye Mu Bwiherero Umwana We W’Imyaka Itatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Yavuze Uko Yataye Mu Bwiherero Umwana We W’Imyaka Itatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 August 2023 7:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo witwa Agahozo Josué mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango yabwiye abaturage uko yishe umwana we amunigishije umugozi arangije umuta mu bwiherero bwa metero 12. Ni nyuma y’uko afashwe n’abamushakaga ngo agezwe imbere y’ubutabera kubera gukekwaho kiriya cyaha.

Agahozo afite imyaka 24 y’amavuko akaba akurikiranyweho kwica umwana we w’umuhungu w’imyaka itatu(3) witwa Akimanimpaye Fabrice.

Byabereye mu  Mudugudu wa Bugirinteko, Umurenge  wa Kinazi mu Karere ka Ruhango.

Umukozi ushinzwe imari n’ubutegetsi mu Murenge wa Kinazi witwa Domina Irebukwe akaba ari we munyamabanga nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Kinazi yabwiye itangazamakuru ko Agahozo Josué yabyaranye  uriya mwana n’umukobwa ariko ntibabana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma yaje gushaka undi mugore.

Ubuyobozi buvuga ko mbere y’uko uyu mugabo yica umwana we, yabanje kwimuka mu Mudugudu yabagamo ajya kumwicira mu wundi.

Gitifu w’umusigire yabwiye UMUSEKE ati: “Mbere yo kumuta mu bwiherero  bwa metero 12  yabanje kumunigisha umugozi abona kumujugunyamo.”

Nyuma yo gukora ayo mahano yagarutse iwabo, ababyeyi be bamubaza aho yasize  umwana, ababwira ko yamwohereje mu Karere ka Rusizi.

Icyakora yabanje kujijinganya bituma ababyeyi bagira amakenga ni ko guhamagara abaturage n’irondo bamwotsa igitutu nibwo nyuma yaje kwerura ko yamwishe amujugunya mu bwiherero.

- Advertisement -

Mbere y’uko uriya mwana anigwa na Se akamuta mu bwiherero, yarerwaga na Nyina ariko uyu mugore ubuzima buza kumunanira ahitamo kuzanira umwana Se.

Amakuru avuga ko mbere y’uko iri shyano rigwa, Agahozo Josué yari yatonganye n’umugore bari baherutse kubana bityo bigakekwa ko uriya mwana ari we wari wabaye intandaro yabyo!

Agahozo Josué ukekwaho kwica umwana we ari mu maboko y’Ubugenzacyaha.

TAGGED:featuredImyakaRuhangoUbugenzacyahaUmugoreUmugoziUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yabwiye Abakuru Ko N’Abato Bashobora Kuyobora
Next Article Karongi: Uko Ikibazo Cy’Umuturage Uvugwaho Gukubitwa Na Mudugudu Giteye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?