Senegal: Sonko Yahawe Kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read
Ousmane Sonko. Ifoto@Manara Radio-Television.

Ousmane Sonko uherutse kuvanwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe  yatorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko ya Senegal.

Mu minsi mike ishize, yari yavanywe ku mwanya wo kuyobora Guverinoma kubera impamvu bamwe bavuga ko zafitanye isano n’ubwumvikane buke bwamuvuzweho na Perezida Bassirou Diomaye Faye.

Nyuma y’igihe gito asubijwe mu Nteko ishinga amategeko, Ousmane Sonko yahise yiyamamariza kuyiyobora birangira ari we utorewe kuyiyobora ku majwi 132, ijwi rimwe riba iry’uwifashe, irindi riba impfabusa.

Ishyaka rye  Patriotes africains du Sénégal pour le travail, l’éthique et la fraternité (PASTEF) riba ribonye ubwiganze mu Nteko.

Gusa nabyo ntibyabuzemo igisa n’umwuka mubi kuko yabaye nyuma y’iminota mike Sonko asubijwe uburenganzira bwo kongera kwicara mu Nteko, ndetse Abadepite batavuga rumwe n’ubutegetsi baje kuva mu cyumba cy’Inteko ubwo kubara abitabiriye amatora byari bitangiye.

Amatsinda y’Abadepite batavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo Takku-Wallu n’abandi badafite amashyaka babarizwamo, banenze iki gikorwa bavuga ko gifite impamvu za politiki.

Sonko yasimbuye El Malick Ndiaye, wari umaze kwegura kuri uwo mwanya.

Ku mugoroba wo ku wa 22 Gicurasi 2026, mu itangazo ryatambutse kuri televiziyo ya Sénégal Umunyamabanga mu Biro bya Perezida, Oumar Samba Ba yavuze ko Perezida Bassirou Diomaye Faye yahagaritse mu nshingano Minisitiri w’intebe, Ousmane Sonko, ko  na Guverinoma isheshwe.

Ubu Senegal iri mu bihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika biri gukurikiranirwa hafi n’abasesengura politiki muri aka Karere.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *