Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Transparency Ivuga Ko Umweyo Uca Amacakubiri Ukwiye Gucishwa N’Ahandi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Transparency Ivuga Ko Umweyo Uca Amacakubiri Ukwiye Gucishwa N’Ahandi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 August 2023 8:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango mpuzamahanga wamagana akarengane na ruswa, ishami ry’u Rwanda, Appolinaire Mupiganyi avuga ko ibiherutse gukorwa mu Ntara y’Amajyaruguru byo kwirukana  abazana amacakubiri ari nk’itoroshi yatunzwe yo ariko igomba gutungwa n’ahandi.

Imwe mu nkuru zikomeye zavuzwe muri Politiki y’u Rwanda mu byumweru bigera kuri bitatu bishize n’iby’iyimikwa ry’uwo bise ‘umutware w’Abakono’ ndetse n’ingaruka byagize.

Muri zo harimo gukura mu nshingano abari abayobozi mu Ntara y’Amajyaruguru harimo na Guverineri wayo witwa Dancille Nyirarugero.

Amakuru yakomeje gucicikana kuri iki kibazo, yageze n’aho avuga ko ibyo bariya bantu bakoze cyangwa babonye bikorwa bakirengagiza kubikoma imbere, byari bikomeye k’uburyo amacakubiri yabivuyemo yageze no ku bishingiye ku moko yari amaze kugera no mu itangwa ry’akazi n’iry’amasoko.

Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International-Rwanda, utangaza ko mu bushakashatsi wakoraga na mbere y’uko bijya ku karubanda,  na wo wabibonaga.

Muri iki gihe usaba ko itoroshi yatunzwe mu Ntara y’Amajyaruguru, yatungwa n’ahandi mu Rwanda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wayo  Apollinaire Mupiganyi avuga ko hari ibyo bari barabonye mu bushakashatsi bwabo byacaga amarenga y’ariya macakubiri.

Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Immaculée, we yavugiye mu kiganiro ‘ Isesenguramakuru’ cya  RBA ko uwo Abakono bari bashyizeho ngo ababere umutware, Justin Kazoza, yatsindiraga amasoko menshi harimo n’iryo kubaka Ibiro by’Akarere ka Gakenke.

Uwari umuyobozi w’aka Karere Jean Marie Vianney Nizeyimana nawe aherutse gukurwa mu nshingano.

Mupiganyi yabwiye Radio/TV 10 ati: “Turanabigaragaza mu bushakashatsi butandukanye dukora. Ngira ngo icyiza ni uko byakumiriwe bitaragera kure. Twe turashima ko byahagaritswe. Ntabwo ntekereza ko uriya mweyo ugarukira mu Majyaruguru gusa. Ndatekereza ko n’ahandi baza gutungayo isitimu. Ntidukubure uruhande rumwe kandi mu rundi wenda hari imyanda igihari.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana we  yagaragaje indi migirire yototera guhungabanya Ubumwe bw’Abanyarwanda kandi nayo ikaba ikwiye kuranduka.

Yagize ati: “Mperutse kujya i Musanze nganira n’abantu bikorera ku giti cyabo, barambwira bati ‘hano ntibyoroha kugira ngo uze kuhacururiza uvuye ahandi ngo ubone abakugurira’. Iyo ugiye n’ahandi, i Muhanga n’ahandi, ibyo nabyo uhura nabyo.”

Dr. Bizimana yagaragaje ko imyitwarire nk’iyi idafatiranywe hakiri kare ngo irandurwe, ishobora kuzabyara ibibazo bikomeye.

TAGGED:AbakonoAbanyarwandaBizimanafeaturedIngabireMusanzeUbumwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Niger: Uburusiya Bwavuze Ko Niger Niterwa Sahel Izashya
Next Article Pariki Y’Akagera Icumbikiye Inzovu 140
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?