Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Turi Kubashoramo Amafaranga: PM Ngirente Abwira Urubyiruko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Turi Kubashoramo Amafaranga: PM Ngirente Abwira Urubyiruko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 June 2022 7:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente avuga ko u Rwanda ndetse n’ibindi bihugu bigize Commonwealth byashoye mu rubyiruko kugira ngo rube ari rwo ruzabizanamo iterambere rirambye. Yaraye yibukije urubyiruko ko ari rwo rugomba gukora cyane kugira ngo ibyo rumaze iminsi ruganiraho mu nama yaruhuje mu rwego rwa Commonwealth bitazaba amasigarakicaro.

Abagize Ihuriro ry’urubyiruko rwo muri Commonwealth bari bamaze iminsi itatu mu nama bigiragamo uko bakomeza kuba imbarutso ndetse na  moteri y’iterambere mu bihugu byabo.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente yabwiye urubyiruko rwari rumuteze amatwi ko azi neza ko rushoboye kugera kubyo rwiyemeje kandi ko igihe cyose ruzakorana umwete nta muntu uzarwima inkunga.

Yabibukije ko ahari ari ho se ku isi, urubyiruko ari rwo ruzana ibitekerezo bituma ibintu bihinduka bikaba byiza kurushaho.

Kubera ko insanganyamatsiko y’abitabiriye iriya nama yibutsaga urubyiruko ‘Gufata ejo hazaza mu biganza byarwo’, Dr Edouard Ngirente yabwiye abasore n’inkumi bari bamuteze amatwi ko icyo bazashaka ko isi ibacyo ari byo izaba cyo, bityo ko bagombye kugira amahitamo meza.

Yatanze urugero k’urubyiruko rwo mu Rwanda, avuga ko hari imishinga rwagizemo uruhare yagiriye igihugu akamaro mu nzego zitandukanye harimo ikoranabuhanga mu bw’ubwubatsi, guteza imbere imibare ndetse no guhanga udushya twazamuye imibereho y’abaturage mu buryo runaka.

Dr Ngirente ati: “ N’ubwo hari utwo dushya, ariko natwo tugendana n’izindi nshingano. Isi muri bo ubu itandukanya n’iyo abababanjirije bakuriyemo. Muri mu isi ifite ibibazo birimo ubushyuhe bukabije bw’ikirere kandi iki mugomba kugikosora, mukabikora mutibagiwe no kwimakaza imiyoborere igendera ku mategeko n’ibindi bibazo byugarije isi.”

Bamwe mu rubyiruko bigira hamwe imishinga( Ifoto@Kigali Today)

Yababwiye ko ibihugu byabo byabashoyemo imari kugira ngo bazigirire akamaro bakagirira n’ibihugu byababyaye.

Dr Edouard Ngirente yabwiye urubyiruko ruhagarariye urundi rwari rumuteze amatwi ko Perezida Kagame yamutumye kubashimira no kubifuriza kuzagira ejo heza hazaza kandi basangiye.

Izi nama kandi zisa n’izo Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yigeze guha urubyiruko ruherutse kwitabira inama yigaga ku ikoranabuhanga yiswe World Telecommunication Development Conference (WTDC) yabaye taliki 06, Kamena, 2022.

Yababwiye ko kuba ari bo bagize umubare munini w’abatuye Isi kandi bakagira imbaraga zo gukora ibintu vuba, ngo nibo bagomba gushyirwamo imbaraga muri gahunda za Guverinoma zitandukanye kugira ngo ubwabo bagere kubyo bifuza kandi bibigeze no ku bihugu byabo.

Ibyinshi mu byo ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye byiyemeje kugeraho, bikubiye mu cyerekezo cy’Iterambere rirambye cyatangijwe n’Umuryango w’Abibumbye kiswe Sustainable Development Goals.

Ikoranabuhanga riri mu byateganyijwe kugira ngo rifashe muri gahunda yo kuzamura iterambere ry’ubukungu.

Abayobozi bari bitabiriye iyi Nama

Niryo ryatabaye benshi ku isi ubwo  COVID-19 yacaga ibintu ku isi, abantu batemerewe kuva mu ngo, gusuhuzanya ndetse no gukora ibintu nk’uko byahoze mbere.

Imibare yerekana ko 95% by’abatuye isi bakoresha murandasi y’igisekuru cya 3( 3G) abandi bacye bagakoresha iy’igisekuru cya kane( 4G).

Icyakora ikindi cyagaragaraye kandi gisa n’ikivuguruza ibyo kugira iriya murandasi ni uko imbaraga zayo usanga henshi ari nke kandi ubundi igisekuru cya kane kizwiho kwihuta ugereranyije n’icya gatatu.

Hari raporo yiswe ‘How Many Children and Youth Have Internet Access At Home’ yakozwe na UNICEF  yerekana ko abana babiri ku bana batatu bafite hagati y’imyaka itatu n’imyaka 17 y’amavuko( bangana na miliyari 1,3) ndetse n’urubyiruko rufite hagati y’imyaka 15 na 24 y’amavuko batagira murandasi iwabo.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaMurandasiNgirenteUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafitiye Leta Imisoro Bayishyure Hakibona- Rwanda Revenue Authority
Next Article Uwiyamamariza Kuyobora Kenya Ati: “ Nintsinda Nzirukana Abashinwa Bigaruriye Isoko Ryacu”
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?