Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burundi Bugiye Gutangiza Ibarura Rusange Ry’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

U Burundi Bugiye Gutangiza Ibarura Rusange Ry’Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2021 12:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yaraye atangije ku mugaragaro ibarura rusange ry’abaturage. Ni icyemezo cya Politiki gifite byinshi kivuze ku buzima bw’igihugu kuko hashize iminsi igihugu kitabarura abagituye kubera ibibazo bya politiki bihamaze igihe.

Ibarura rusange riteganyijwe kuzaba umwaka utaha mu mwaka wa 2022.

Ibizakorwa muri ririya barura bikubiyemo no kuzerekana uko imibereho y’abaturage ihagaze mu nzego zirimo ubuhinzi, ubworozi, imiturire n’ibindi.

Perezida Ndayishimiye yaraye asabye Abarundi kuzorohereza abazakora ibarura kugira ngo hamenyekana uko igihugu gihagaze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imibare izava mu ibarura bizafasha abafata ibyemezo kugena uko ubuzima bw’u Burundi buzaba bumeze mu myaka iri imbere kandi bigafasha mu kuzamura ubukungu.

Ndayishimiye yagize ati: “ Nimudufasha mugaha abashinzwe amakuru bazabasaba  bizatuma mubona ko kubyara abo udashobora kurera bitakwiye.”

Kuva Perezida Ndayishimiye yagera ku butegetsi yatangiye imishinga igamije kuzamura ubukungu bw’u Burundi no kureshya abaterankunga n’abafatanyabikorwa babwo.

Bamwe muri bo ni Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ndetse n’abo mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe imiturire n’abaturage.

Ibarura riteganyijwe umwaka utaha rizaba ari irya kane u Burundi bukoze kuva bwabona Ubwigenge.

- Advertisement -

Amakuru avuga ko ingengo y’imari yagenewe ririya barura rusange ingana n’amafaranga y’u Burundi 48,556,797,000 ni ukuvuga $ 24,458,583.

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yo muri Nyakanga, 2018 ivuga ko u Burundi muri kiriya gihe bwari butuwe n’abantu 11,175,374.

Mu mwaka wa 1950 bwari butuwe n’abaturage 2,456,000.

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko ubwiyongere bw’abatuye u Burundi buzamuka kuri 2.5% ku mwaka.

Ikindi ngo ni uko umugore w’Umurundikazi abyara abana 6.3.

Mu mwaka wa 2012 u Burundi bwari ubwa  mbere bufite abagore babyara abana benshi kurusha abandi ku isi.

TAGGED:AbaturageBurundifeaturedNdayishimiyePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bidatinze I Kigali Ibintu ‘Bishobora’ Gusubira Uko Byahoze Mbere Ya COVID
Next Article RURA Yanenzwe Kwica Amategeko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?