Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ni Urwa Kabiri Muri Afurika Yo Munsi Ya Sahara Aho Abagore Bahabwa Amahoro ‘Ntibakubitwe’-Raporo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

U Rwanda Ni Urwa Kabiri Muri Afurika Yo Munsi Ya Sahara Aho Abagore Bahabwa Amahoro ‘Ntibakubitwe’-Raporo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2022 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Vector silhouette of a couple who is arguing on a white background.
SHARE

Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza yitwa McGill University yo muri Canada  n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima buvuga ko u Rwanda rukurikira Ethiopia mu bihugu biha abagore amahoro, ntibakubitwe.

Aho abagore bakubitwa ari benshi muri Afurika yo hagati n’iy’i Burasirazuba ni Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Imibare yatanzwe n’iriya Kaminuza yatangajwe muri The East African ivuga ko ubusanzwe Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara ari yo ibamo abagabo bagira umuco mubi wo gukubita abagore babo cyangwa abakobwa bakundana.

Yerekana ko abagore bane ku icumi bakubitwa n’abo bashakanye cyangwa abo bihebeye.

Mu Rwanda ho hari na raporo z’ubugenzacyaha zivuga ko hari n’abagabo bica abagore babo nk’ibiherutse kubera mu Karere ka Ngororero.

Mu myaka yose y’ubuzima bwabo, abagore bangana na 44% by’abatuye muri Afurika yo Hagati na 38% by’abagore baba muri Afurika y’i Burasirazuba bakubiswe n’abo bashakanye.

Ni abagore cyangwa abakobwa baba bafite hagati y’imyaka 15 na 49 y’amavuko.

Iyo badakubiswe, bacirwa mu maso cyangwa bakabwirwa amagambo abakomeretsa umutima.

Abo muri Kaminuza ya McGill University n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima bavuga ko igihugu cya mbere kirimo abagore bagowe ari Repubulika ya Demukarasi ya Congo(47%), hagakurikiraho Uganda(45%), Sudani y’Epfo(41), u Burundi(40), Kenya, Tanzania, u Rwanda( byose binganya 38%) nyuma hakaza Ethiopia(37).

Ku rwego rw’isi, abagore  bangana na 27% bakubitwa n’abagabo cyangwa abakunzi babo kandi ibi bigatangira gukorwa bagifite munsi y’imyaka 50 y’amavuko.

Ku rundi ruhande, bisa n’aho ibyo gukubita abagore cyangwa abakobwa ari karande mu bihugu bikennye kuko ubushakashatsi bwa biriya bigo bwerekana ko muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara ari ho byiganje, hagakurikiraho muri Aziya y’Amajyepfo n’ibindi bice by’Amerika y’Amajyepfo.

Umwe mu bahanga bo muri Kaminuza yakoze ubushakashatsi kuri iki kibazo twavuze haruguru witwa Mathieu Maheu-Giroux yavuze ko gukubita abagore cyangwa abakobwa ari ikibazo kiri hirya no hino ku isi ariko kiganje mu bihugu bikennye ugereranyije n’ibifite amajyambere ari hejuru.

Abahanga bavuga ko umugore cyangwa umukobwa ukubiswe, bimusigira ibikomere haba ku mubiri cyangwa ku mutima k’uburyo bimudindiza haba mu gutekereza neza ndetse no mu gukora ngo yiteze imbere.

Ihohoterwa ririmo no gukoreshwa imibonano mpuzabitsina ku ngufu rituma hari abagore bandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zimwe zishobora no guhitana uwo zafashe.

Ikindi gikomeye ni uko hari n’abagore bapfa bishwe n’abo bashakanye cyangwa abakunzi babo.

Abahanga bavuga kandi ko ikibabaje kurusha ho ari uko hari abagore batavuga akaga bakorerwa n’abo bashakanye, bakabiceceka kuko bumva ko nta mpamvu yo kwimena inda!

Mu gihe cya ‘Guma mu Rugo’ kandi ngo iki kibazo cyarushijeho kuba kibi kuko icyo gihe umugabo n’umugore bagombaga kubana amasaha yose kandi nta kandi kazi kabahugije.

TAGGED:AbagoreAfurikaEACfeaturedKaminuza. IhohoterwaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Linda Melvern Waraye Umuritse Igitabo Kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi Ni Muntu Ki?
Next Article Ikiraro Gihuza Muhanga Na Gakenke Cyasenywe N’Abaturage Cyubatswe Na RDF
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?