Uburusiya Buravugwaho Gufasha Iran Mu Gitero Yagabye Kuri CIA

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read
Ikirango cya CIA.

Ikoresheje indege zitarimo abapilote, Iran yigeze kugaba ibitero ku rwego rw’ubutasi bwa Amerika, CIA, biri mu Burasirazuba bwo Hagati. Ababireba hafi bavuga ko Uburusiya bushobora kuba ari bwo bwahaye Iran amakuru yayifashije gutegura neza icyo gitero.

Ikindi banuganuga ni ikoranabuhanga ryakoreshejwe mu gukusanya, gusesengura no mu kugaba kiriya gitero, bakemeza ko Uburusiya ari bwo bufite ubwo buryo kandi ko bishoboka cyane ko bwabusangije Teheran.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bivuga ko hari abayobozi bakuru muri Amerika bakora mu butasi bemeza rwose ko Uburusiya ari bwo bwatumye Iran ikora ibyo bintu.

Ibitero bivugwa aha ni ibyagabwe muri Werurwe, 2026, kimwe kikaba cyaragabwe ku biro bya CIA bikorera muri Arabiya Sawudite hafi ya Ambasade ya Amerika i Riyadh, ikindi kikaba mu Burasirazuba bwa Iraq.

Abayobozi babiri bo mu Burengerazuba bwo Hagati bahawe amakuru kuri raporo z’ubutasi, bavuze ko igitero cyo muri Arabiya Sawudite cyagabwe hakoreshejwe drone ebyiri za Shahed za Iran zari zaravuguruwe hifashishijwe ikoranabuhanga Iran yahawe n’Uburusiya.

Ntawamenya icyo Amerika izakora nyuma y’iryo perereza, gusa ikizwi ni uko isanzwe ifasha Ukraine mu ntambara imaze iminsi irwana n’Uburusiya yatangiye muri Gashyantare, 2022.

Hagati aho, intambara Amerika iri kurwana na Iran nayo iri gufata indi ntera.

Ikinyamakuru Axios cyanditse ko ingabo za Amerika zatangiye gukoresha indege rutura bita B-1 Bomber zifite ubushobozi bwo kwikorera no kurekura bombe ziremereye cyane.

Ndetse kuwa Kabiri italiki 21, Nyakanga, 2026 zagabye igitero cyazo cya mbere, The Bloomberg ikavuga ko hari amakuru ifite y’uko Minisitiri w’intebe mushya w’Ubwongereza Andy Burnham yemereye Amerika aho indege zayo zajya zihagurukira zigiye kurasa Iran.

Indege B-1 Bomber ishobora kwikorera bombe 2,000 ziremereye cyane kandi amakuru avuga ko intego ya Amerika ari ugusenya ahantu Iran ihunitse ibikoresho byo gutunganya Iranium  mu nyubako zicukuwe mu nda y’umusozi wa Pickaxe wegereye ikigo cya Natanz.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *