Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubano W’u Rwanda Na Denmark Ugiye Kongerwamo Ikibatsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umubano W’u Rwanda Na Denmark Ugiye Kongerwamo Ikibatsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2023 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bikubiye mu biganiro Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe yaraye agiranye na Ambasaderi wa Denmark mu Rwanda  Madamu Signe Winding Albjerg.

Ambasaderi wa Danemark mu Rwanda afite icyicaro i Kampala muri Uganda.

Gen (Rtd) Kabarebe na Madamu Signe Winding Albjerg baganiriye uko umubano hagati ya Kigali na Copenhagen warushaho gutezwa imbere mu nzego usanzwe ukorerwamo ariko ukanagurwa.

Aba bayobozi bombi kandi biganiriye ku mutekano muke ukigaragara mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

U Rwanda na Denmark bisanzwe bifitanye umubano mwiza.

Mu mwaka wa 2014 ubutabera bwa Denmark bwoherereje u Rwanda abantu babiri bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorerewe Abatutsi barimo Emmanuel Mbarushimana woherejwe mu mwaka wa 2014 na Wenceslas Twagirayezu woherejwe mu mwaka wa  2018.

Hagiye kandi gushira imyaka ibiri ibihugu byombi  bishyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bya Politiki  n’andi masezerano agamije gukemura ibibazo by’impunzi n’abimukira hirya no hino ku isi mu buryo burambye.

Nyuma yo kwakira Ambasaderi wa Denmark, Gen (Rtd) Kabarebe yakiriye Mamadou Dian Balde, uyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) mu Karere k’Uburasirazuba n’Ihembe rya Afurika ndetse n’Akarere k’Ibiyaga Bigari.

UNHCR isanzwe ifatanya n’u Rwanda mu kwita ku mibereho myiza y’impunzi ziri mu Rwanda.

Ibi kandi byashimangiwe n’Umuyobozi Mukuru wa UNHCR, Filippo Grandi, ubwo yagirira uruzinduko mu Rwanda muri Mata 2021.

Kugeza ubu u Rwanda rucumbikiye impunzi ibihumbi 127, ziganjemo izikomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, u Burundi, Eritrea, Ethiopia na Sudani.

Ku bufatanye na UNHCR, u Rwanda rwatangije gahunda zo gufasha impunzi kwibona muri gahunda z’igihugu ku buryo zabasha no gukora imirimo itandukanye yatuma zibeshaho.

TAGGED:AmbasaderiDenmarkfeaturedImpunziRwandaUNHCR
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kongera Kuganira N’Ubwongereza Ku By’Abimukira
Next Article DRC: Kwiyamamaza Birarimbanyije Katumbi Na Tshisekedi Barayoboye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?