Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubano W’u Rwanda Na Denmark Ugiye Kongerwamo Ikibatsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umubano W’u Rwanda Na Denmark Ugiye Kongerwamo Ikibatsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2023 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bikubiye mu biganiro Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe yaraye agiranye na Ambasaderi wa Denmark mu Rwanda  Madamu Signe Winding Albjerg.

Ambasaderi wa Danemark mu Rwanda afite icyicaro i Kampala muri Uganda.

Gen (Rtd) Kabarebe na Madamu Signe Winding Albjerg baganiriye uko umubano hagati ya Kigali na Copenhagen warushaho gutezwa imbere mu nzego usanzwe ukorerwamo ariko ukanagurwa.

Aba bayobozi bombi kandi biganiriye ku mutekano muke ukigaragara mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

U Rwanda na Denmark bisanzwe bifitanye umubano mwiza.

Mu mwaka wa 2014 ubutabera bwa Denmark bwoherereje u Rwanda abantu babiri bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorerewe Abatutsi barimo Emmanuel Mbarushimana woherejwe mu mwaka wa 2014 na Wenceslas Twagirayezu woherejwe mu mwaka wa  2018.

Hagiye kandi gushira imyaka ibiri ibihugu byombi  bishyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bya Politiki  n’andi masezerano agamije gukemura ibibazo by’impunzi n’abimukira hirya no hino ku isi mu buryo burambye.

Nyuma yo kwakira Ambasaderi wa Denmark, Gen (Rtd) Kabarebe yakiriye Mamadou Dian Balde, uyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) mu Karere k’Uburasirazuba n’Ihembe rya Afurika ndetse n’Akarere k’Ibiyaga Bigari.

UNHCR isanzwe ifatanya n’u Rwanda mu kwita ku mibereho myiza y’impunzi ziri mu Rwanda.

Ibi kandi byashimangiwe n’Umuyobozi Mukuru wa UNHCR, Filippo Grandi, ubwo yagirira uruzinduko mu Rwanda muri Mata 2021.

Kugeza ubu u Rwanda rucumbikiye impunzi ibihumbi 127, ziganjemo izikomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, u Burundi, Eritrea, Ethiopia na Sudani.

Ku bufatanye na UNHCR, u Rwanda rwatangije gahunda zo gufasha impunzi kwibona muri gahunda z’igihugu ku buryo zabasha no gukora imirimo itandukanye yatuma zibeshaho.

TAGGED:AmbasaderiDenmarkfeaturedImpunziRwandaUNHCR
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kongera Kuganira N’Ubwongereza Ku By’Abimukira
Next Article DRC: Kwiyamamaza Birarimbanyije Katumbi Na Tshisekedi Barayoboye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

You Might Also Like

Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ingabo Z’Uburundi Zirashinjwa Kwicisha Abanyamulenge Inzara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?