Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashakashatsi Ku Mateka Babangamirwa N’Amikoro Make
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abashakashatsi Ku Mateka Babangamirwa N’Amikoro Make

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 March 2024 10:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amateka y'u Rwanda arimo ibika byinshi bisharira
SHARE

Mu biganiro abakora ubushakashatsi ku mateka y’u Rwanda baraye bagiranye na Sena, haganiriwe ko n’ubwo ubushobozi n’ubumenyi ku bushakashatsi bihari ku rwego runini, ikibazo kikibangamiye benshi ari amikoro adahagije.

Aba bahanga mu mateka y’u Rwanda bavuga ko kwandika amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari ingenzi kandi bagomba kubikora kugira ngo bihe abakiri bato amakuru y’ibyabaye ariko bibe n’ubundi buryo bwo kunyomoza abayagoreka.

Umunyamateka Dr. Philbert Gakwenzire akaba na Perezida wa IBUKA avuga ko n’ubwo hari ubushakashatsi bwakozwe ariko ari ngombwa ko n’abandi byumva ko kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bikwiye.

Yabwiye Taarifa ko bibaye byiza abanyamateka baba benshi bakayakoraho ubushakashatsi mu nzego zitandukanye z’ubuzima bw’Abanyarwanda b’ubu n’aba kera.

Ku cyari cyabahuje kuri uyu wa Kabiri, Dr. Gakwenzire avuga ko Sena yabijeje ko izajya ibakorera ubuvugizi kugira ngo bahabwe ingengo y’imari yo gukora ubushakashatsi bwabo.

Avuga ko akamaro k’abashakashatsi ku mateka y’u Rwanda ari uko hari ubwo batanga ibisubizo ku bibazo runaka byugarije igihugu.

Atanga urugero rw’uko mbere y’uko Gacaca itangira gukorwa mu Rwanda rwa nyuma ya Jenoside, hari abahanga bo muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda n’abo mu Kigo cy’ubushakashatsi kitwa IRST bayitanzeho umuti ku kibazo cy’iburanisha ry’abakoze Jenoside bari benshi icyo gihe.

Ikindi ni uko hari ibindi bitekerezo byatanzwe n’abashakashatsi byagarutse ku cyakorwa ngo ubuzima bwo mu mutwe bube bwiza ku barokotse Jenoside no ku bayikoze.

Prof Vincent Sezibera we avuga ko abanditsi bo hambere bafashije muri byinshi kuko byatumye hari ibikorwa mu rwego rwo gufasha abahungabanye kubera Jenoside bagakira ibikomere.

Yagize ati: “ Ubushakashatsi bumaze gukorwa mu Rwanda bwagiye butuma hajyaho serivisi zo kurwanya ihungabana mu Rwanda. Nibura mu nzego z’ubuvuzi harimo ishami rishinzwe ubuzima bwo mu mutwe”.

Abahanga mu mateka y’u Rwanda bavuga ko hari ikibazo cy’amikoro akiri make

Abanyamateka bavuga ko gushakashaka ku mateka y’u Rwanda bitanga amakuru arambuye ku nkomoko y’amacakubiri yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, bigatuma abantu bamenya uko yakozwe n’ibyo abayikoze bakoreshaga nk’intwaro.

Haniyongeraho kumenya uruhare rw’ibice bitandukanye byari biri muri Politiki y’u Rwanda mu gutuma ishoboka ikanagira ubukana yagize.

Hari umushakashatsi witwa Dr. Hélène Dumas wabwiye Abasenateri ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye ay’isi yose bityo ko ari ngombwa ko za Kaminuza hirya no hino ku isi ziyimenya kandi zikayigisha.

Uyu akora mu kigo gikorera mu Rwanda ubushakashatsi kuri Jenoside kitiriwe umuhanga muri Philosophie w’Umufaransa witwaga Raymond Aron(1905 –1983).

Perezida wa Sena y’u Rwanda Dr. François Xavier Kalinda avuga ko ubushakashatsi ari ngombwa kugira ngo ukuri kumenyekane ariko ko amikoro yo kubukora nayo akenewe kandi ahagije.

Dr. Kalinda avuga ko bufasha mu gukumira abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubusanzwe ubushakashatsi ku mateka y’igihugu burahenda kandi bugafata igihe kubera ko, urugero,  kwandika igitabo umuntu ahererwaho impamyabumenyi y’ikirenga( PhD) bifata hagati y’imyaka itatu n’ine.

Ku byerekeye amafaranga bisaba, byo biterwa n’ubugari bw’ibyo umuhanga ashaka gushakashaka ho n’ibyo bizamusaba.

TAGGED:AmatekafeaturedGakwenzireRwandaUbushakashatsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 5% Bya Postes de Santé Ntizikora, Icyizere Zifitiwe Ni GIKE
Next Article Abapolisi Bacunga Umutekano Bakoresheje Moto Bongererewe Ubumenyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?