Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amasaha Y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine Z’Ijoro, Gyms Zirakomorerwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amasaha Y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine Z’Ijoro, Gyms Zirakomorerwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2021 10:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yemeje ko ingendo zemewe kuva saa kumi za mu gitondo kugeza saa yine z’ijoro, mu gihe zasozwaga saa tatu z’ijoro.

Ni umwe mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu.

Gusa iyi nama yemeje ko mu turere tw’Intara y’Amajyepfo turimo Ruhango, Nyanza, Huye, Gisaragara, Nyaruguru na Nyamagabe, ingendo zitagomba kurenza saa moya z’ijoro.

Ingendo hagati y’intara n’Umujyi wa Kigali zizakomeza. Umubare w’abagenzi imodoka rusange zitagomba kurenza wavuguruwe zemererwa gutwara 75% by’ubushobozi bwazo, mu gihe zari zemerewe 50%.

Inama zihuza abantu zizakomeza, ariko umubare w’abitabira inama ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira inama bw’aho bakoraniye. Iyo barenze 20 basabwa kwipimisha COVID-19.

Muri aya mabwiriza harimo ko insengero zahawe uburenganzira bwo gukora zishobora kwakira abantu kugeza kuri 50% ugereranyije n’ubushobozi bwazo, mu gihe zari zemerewe 30%.

Iyi nama y’abaminisitiri kandi yemeje ko resitora na Café zizakomeza kwakira abantu batarenze 50%, kandi ntizirenze saa tatu z’ijoro.

Ku bijyanye n’ubukwe, hemejwe ko abantu bashobora kubwitabira batarenga 30, mu gihe habarwaga 20. Ibirori byo kwiyakira ariko birabujijwe.

Hemejwe ko n’abitabira ikiriyo batagomba kurenga abantu 30, mu gihe habarwaga 10 bashoboraga kucyitabira icyarimwe.

Muri iyi myanzuro, inzu zikorerwamo siporo zizwi nka Gyms zakomorowe.

Imyanzuro ikomeza iti “Ibigo bikorerwamo imyitozo ngororamubiri (gyms) bizafungurwa mu byiciro, gahunda y’ifungura izatangazwa na Minisiteri ya Siporo nyuma yo kugenzura ko byubahirije ingamba zo kwirinda COVOD-19.”

Pisine na spa bizakomeza gufungwa, icyakora abacumbitse muri hotel bemerewe gukoreramo siporo, berekanye ko bipimishije COVID0-19.

Muri ayo mabwiriza harimo ko mu gihe igihugu cy’u Buhinde gikomeje kwibasirwa n’ubwandu bushya bwa COVID-19, abagenzi bavayo bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi irindwi ahantu hateganyijwe, kandi bakiyishyurira ikiguzi cyose.

TAGGED:AbaminisitiriCOVID-19featuredingendoinsengeroKigaliUbukwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakiriye Cardinal Kambanda
Next Article Imirenge Ibiri Yashyizwe Muri Guma Mu Rugo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?