Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda N’Ubwongereza Mu Biganiro K’Ubucuruzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda N’Ubwongereza Mu Biganiro K’Ubucuruzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 May 2023 6:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye yakiriye mu Biro bye intumwa ya Guverinoma y’Ubwongereza ishinzwe ubucuruzi n’ishoramari yitwa Lord Popat baganira uko ibihugu byombi byakongera imbaraga mu buhahirane n’ubucuruzi.

U Rwanda n’u Bwongereza ni ibihugu by’inshuti kandi umubano umaze igihe kirekire.

Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwa, Ubwongereza buri mu bihugu byafashije Guverinoma y’u Rwanda kongera kurwubaka.

Mu myaka mike ishize, London na Kigali batangije ubufatanye bw’ubundi buryo.

Ni ubufatanye bugamije guha abimukira binjira mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko uburyo bwo kuba bari mu Rwanda mu gihe amadosiye yabo yo kwemererwa kuba mu Bwongereza mu buryo bwemewe n’amategeko.

Amasezerano y’uburyo ibi bizakorwa ntiyavuzweho rumwe na bamwe mu bavuga ko bakorera imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, bavuga ko u Rwanda rurangamiye inyungu z’ubukungu kurusha uko zaba izo gutanga ubutabazi kuri abo bimukira.

U Rwanda ruvuga abavuga ko rugamije amaronko kuri abo bimukira bibeshya kuko atari ubwa mbere rutanga uwo musanzu.

Perezida Paul Kagame yigeze kubwira abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko rumaze igihe ruteye intambwe mbere y’andi mahanga yo kwakira abimukira bari baraheze muri Libya, rubaha aho kuba heza kurusha aho babaga mbere.

Ni icyemezo u Rwanda rwafashe nyuma y’uko umunyamakuru wa CNN atangarije isi ko abo bimukira bakurwagamo zimwe mu ngingo z’imibiri zikagurishwa  mu bakire bo hirya no hino ku isi bazikeneye.

Isi yose yahise ikuka umutima, u Rwanda rufata iya mbere yo kwakira abo bantu, bagahabwa ahantu ho kuba batekanye ntawe ubafata nk’inyamaswa zo mu  byuma by’ubushakashatsi( animal labs).

TAGGED:AbimukiraBwongerezafeaturedIntumwaKagameRwandaUbucuruziUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umubare W’Abahitanywe N’Ibiza Mu Rwanda ‘Wiyongereye’
Next Article Burkina Faso: Abantu 33 Biciwe Rimwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?