Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwoba Muri Afurika Kubera Abatalibani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Ubwoba Muri Afurika Kubera Abatalibani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2021 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuba Abatalibani barafashe Afghanistan ni inkuru itaramara igihe ivuzwe ku isi. Kuba barasubiye ku butegetsi bihangayikishije benshi barimo n’Abanyafurika.

Impamvu ituma Abanyafurika bahangayika ni uko ku mugabane wabo hari abandi bantu bakora ibikorwa by’iterabwoba barimo na Al Shabab.

Abakora mu nzego z’umutekano bavuga ko Abatalibani nibarangiza kwisuganya, bashobora kuzatera inkunga indi mitwe ikora iterabwoba ku isi harimo na Al Shabaab.

Ubwoba bwabo bubashingira ku ngingo y’uko uriya mutwe utakiri uwa gisirikare gusa, ahubwo wahindutse umutwe wa Politiki ukomeye kandi washinze imizi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuhanga witwa Dr Mustafa Ali, uyobora ikigo kiga iby’umutekano kiri i Nairobi muri Kenya avuga ko abashinzwe umutekano mu bihugu by’Afurika nibataba maso, bazashobora kuzakanguka basanga Abatalibani  baramaze kwinjiza ingengabitekerezo yabo mu mitwe y’abarwanyi bo muri Afurika.

Igiteye inkecye kurushaho ni uko abo barwanyi bashinze imitwe hirya no hino mu nko muri Mozambique, Somalia, Nigeria, Niger, Mali, Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’ahandi.

Dr   Mustafa Ali avuga ko Kenya ari kimwe mu bihugu bifite impungenge z’uko Al Shabaab ikomeje kwisuganya .

Asaba Kenya gusaba ishikamye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi ko kakwemeza ko Al Shabaab ari umutwe w’iterabwoba.

Ubutegetsi bw’i Nairobi busanga Al Shabaab yagombye gufatwa nk’Abatalibani, al-Qaeda na ISIS (Daesh).

- Advertisement -

Umwe mu bakora iterabwoba muri Al Shabaab witwa Fazul Mohamed yakoranye na al-Qaeda ubwo yayoborwaga na Osama bin Laden.

Fazul ni umunya Arabia Saoudite akaba ari umwe mu bacuze umugambi wo kugaba ibitero kuri Ambasade y’Amerika i Nairobi n’i Dar es Salaam.

Hari tariki 07, Kanama, 1998. Yaje kwicirwa muri Somalia.

Zimwe mu mpungenge ziri mu bakurikirana iby’umutekano muri Afurika ni iz’uko Al Shabaab nayo yahindutse nk’ishyaka rya Politiki rishobora kuzagira imbaraga nk’iz’Abatalibani.

Dr Ali avuga ko ibihugu byo mu Ihembe ry’Afurika byagombye guhangayikishwa n’uko Abatalibani bayobora Afghanistan.

Avuga ko intsinzi yabo ishobora kuzatera akanyabugabo indi mitwe y’iterabwoba nayo igahindura umuvuno, igatangira gushaka gukora nk’imitwe ya Politiki ishobora kugera ku intsinzi.

Impungenge z’uyu muhanga azisangiye na Perezida wa Nigeria,  Muhammadu Buhari.

Asaba abanya Burayi n’Amerika gukorana bya hafi  n’ibihugu by’Afurika kugira ngo habeho gukumira ko ubuhezanguni bwava muri Afghanistan bukambira yo[muri Afurika].

Ibi aherutse kubibwira The Financial Times.

Ku byerekeye Kenya, hari ikindi kibazo abayobozi bayo bagomba kwitaho.

Ubucuruzi bw’icyayi ifitanye na Afghanistan.

30% by’icyayi Kenya yeza ikigurisha muri Afghanistan.

TAGGED:AfghanistanAfurikafeaturedIterabwoba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese Koko Abaturage Bahohotera Abayobozi Nk’uko Min Gatabazi Abivuga?
Next Article RDF Ikomeje Akazi Muri Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?