Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Sena Y’Uburundi Yishimiye Uko Bubanye N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umuyobozi Wa Sena Y’Uburundi Yishimiye Uko Bubanye N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2023 7:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Visi Perezidante wa Mbere wa Sena y’Uburundi Dénise Ndadaye uri mu Rwanda mu Nama yiswe Women Deliver 2023 Conference yakiriwe na Perezida wa Sena y’u Rwanda Hon Dr. François Kalinda baganira uko umubano wa Sena zombi zatezwa imbere.

Hon Ndadaye yavuze ko kuba yakiriwe neza mu Rwanda ari ikimenyetso cyerekana ko umubano w’ibihugu byombi uri kuba mwiza.

Perezida wa Sena y’u Rwanda we avuga ko baganiriye uko umubano w’ibihugu byombi warushaho kunoga no gutezwa imbere.

Ati: “ Dufite byinshi dusangiye, dufite imiryango myinshi duhuriyeho kandi ni imiryango yose yo muri aka karere ndetse n’ibibazo bimwe muri aka karere tubihuriyeho bito rero mu rwego rw’Inteko zishinga amategeko dushobora gutanga umusanzu wacu mu mibanire y’ibihugu byombi.”

Dr Kalinda avuga ko hari gahunda y’uko hasinywa amasezerano hagati y’ibihugu byombi agamije imikoranire irambye.

Ni amasezerano bita Memorandum of Understanding.

Visi Perezidante wa Mbere wa Sena y’Uburundi Dénise Ndadaye yavuze ko kuba we na bagenzi basuye u Rwanda ari intambwe izakomeza kuzamura imihahiranire kandi avuga ko bitarangiriye aho kuko ifuni ibagara ubucuti ari akarenge.

Mu gihe Hon Kalinda yakiraga Hon Dénise Ndadaye, Madamu wa Perezida w’u Burundi Angeline Ndayishimiye nawe yari ari mu Rwanda aho yakiriwe na mugenzi we Jeannette Kagame.

Kuva aho Perezida Ndayishimiye abereye umukuru w’Uburundi, umubano hagati ya Kigali na Gitega watangiye kuba mwiza ndetse imipaka irafungurwa.

TAGGED:AmategekoBurundifeaturedIntekoKalindaNdadayeRwandaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkongi Ziri Ku Isi Ni Intangiriro Y’Akaga Kari Imbere
Next Article Rwamagana: Ubushera Bwateye Abaturage 53 Kujyanwa Kwa Muganga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Umugabo W’i Gakenke Yafatiwe I Burera Afite Ibilo 20 By’Urumogi Avanye Muri Uganda

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Ubushinwa Bwatangiye Gukoresha Robo Zikora Gipolisi Mu Muhanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

You Might Also Like

Ubukungu

U Rwanda Rugiye Kuzuza Ikigega Cya Gazi Yakoreshwa Amezi Abiri Ntayitumijwe Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?