Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iminota Itanu Ya Siporo Yakurinda Ibibi Byinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Iminota Itanu Ya Siporo Yakurinda Ibibi Byinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2023 11:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye mu mijyi bakunze kuvuga ko imibereho yabo itabemerera mu buryo bworoshye kubona umwanya wo gukora siporo. Uko byagenda kose ariko, umuntu yihaye gahunda yo gukora siporo mu minota itanu ntibyamunanira kandi byarinda umubiri ibyago byinshi.

Inama abahanga mu buzima batanga zirimo ko umuntu yagombye gushaka iminota itanu yo gukoresha umubiri we ukabira icyuya, akaba yabikora binyuze mu kuzamuka amadarajya, kugenda n’amaguru yikoreye igikapu kirimo ibintu biremereye n’ibindi.

Dr.Emmanuel Stamatakis avuga ko abantu babishatse batabura iminota itanu yo gukoresha umubiri wabo kandi bakabikora bitabahenze.

We n’itsinda rye, basanze abantu baramutse bashatse iminota itanu yo gukoresha imibiri yabo buri munsi, byabarinda 40% by’indwara zica zirimo n’umutima.

Avuga ko umuntu aramutse ahisemo gukoresha umubiri we imyitozo inshuro eshanu mu Cyumweru, yaba ari kuwugirira neza mu buryo budasubirwaho.

Ati: “ Ibi nta muntu ukibishidikanyaho…”

Kudakoresha umubiri imyitozo ni ikibazo kiri henshi ku isi.

Muri Amerika, 25% by’abantu bakuze, nta myitozo bakunze gukoresha imibiri yabo kandi abagera kuri 60% bakora imyitozo rimwe na rimwe.

Ni imibare National Geographic ikesha ikigo cy’Amerika gishinzwe ubuzima n’imiti kitwa Centers for Disease Control and Prevention.

Imyitozo ngororamubiri ikozwe mu bihe bidahindagurika, ifasha uyikora kwirinda indwara nyinshi zitandura zirimo diyabete ubwoko bwa 2, umubyibuho ukabije, indwara zifata imitsi n’umutima n’izindi.

Abaganga batanga inama y’uko umuntu yajya akora imyitozo ngororamubiri mu gihe kiri hagati y’iminota 150 n’iminota 300 mu Cyumweru.

N’ubwo imyitozo yose ari myiza, ariko ngo umwanya umuntu amara ayikora niwo utanga umusaruro urambye kurushaho.

Umwanya umuntu amara yicaye akoresha imashini ugira ingaruka ikomeye ku mitemberere y’amaraso mu mitsi ye no mu bwonko kandi bigatuma umubiri we ubika ibinure byinshi

Bya binure bimutera umubyibuho ukabije kandi nawo ugendana n’ibibazo birimo n’urupfu rw’imburagihe.

Dr.Stamatakis avuga ko mu bushakashatsi yakoze yasanze n’akazi gasanzwe gukorwa n’abantu ariko gasaba gukoresha imbaraga, gashobora kuba ingirakamaro mu kuzamura amahirwe umuntu afite yo kutandura indwara runaka.

Uko bimeze kose, abahanga bavuga ko umubiri ukoreshejwe imyotozo ngororamubiri bikawunaniza biwugirira akamaro k’igihe kirekire kurusha abantu bamara igihe kirekire bicaye, baryamye, mbese badakoresha ingingo zabo ibizinaniza.

Guverinoma y’u Rwanda imaze igihe yaratangije gahunda yo gufasha abatuye Umujyi wa Kigali gukora imyitozo ngororamubiri kandi mu buryo bwa rusange.

Ni gahunda bise Kigali Car Free Day.

Ababishaka bose hatitawe ku myaka bafite, bahurira ahantu habigenewe bakakora siporo yo kugenda n’amaguru, iyo gutwara igare n’izindi.

Hari n’izindi siporo ziherutse gutangazwa zirimo basket ikinirwa mu muhanda, tennis yo mu muhanda, na golf.

Kigali Car Free Day iba inshuro ebyiri mu kwezi.

TAGGED:AbagangaAbahangafeaturedImyitozoIndwaraKigaliSiporoUmutima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Hari Impungenge Ko Amasaha Mashya Y’Akazi Azadindiza Serivisi
Next Article UNICEF-Rwanda Yatangiye Gukoresha Imodoka Z’Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?