Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gusura Ingagi Umunyarwanda Azishyura $200, Mu Zindi Pariki Byifashe Bite?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Gusura Ingagi Umunyarwanda Azishyura $200, Mu Zindi Pariki Byifashe Bite?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 January 2026 8:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ifoto ikoreshejwe ubwenge buhangano yerekana inyamaswa za Pariki zo mu Rwanda.
SHARE

RDB yatangaje ko mu mwaka wa 2026, Abanyarwanda bazasura ingagi bamaze kwishyura $200 ni ukuvuga hafi Frw 300,000. Ni igiciro kireba n’abatuye Afurika y’Uburasirazuba kandi ubusanzwe bishyuraga $500.

Abanyarwanda n’abaturage b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba bishyura amadolari yavuzwe haruguru ariko bongereho no kwerekana irangamuntu yabo, pasiporo cyangwa icyemezo cy’amavuko.

Abandi batari abo bazajya bishyura $ 500 berekane Pasiporo, Irangamuntu y’aho bakomoka, ikarita y’Umudiplomate cyangwa viza imara byibura amezi ane akurikirana.

Ubusanzwe ab’ahandi hatari mu Rwanda no muri EAC, bishyuraga $1,500

Ikigo RDB cyatangaje ko iri gabanya ry’igiciro rigamije korohereza Abanyarwanda n’abatuye mu Karere u Rwanda ruherereyemo  gusura Pariki y’Igihugu y’ibirunga.

Icyo abantu bakwizirikana ni uko ibi biciro RDB yatangaje ko bitazakurikizwa hagati ya Kamena  n’Ukwakira, 2026.

Hagati y’umwaka wa 2017 n’umwaka wa 2019, gusura ingagi ku banyamahanga byishyurwaga $750 ariko nyuma biza kuzamuka bigera ku $ 1,500.

Kuva mu mwaka wa  2020 kugeza ubu, igiciro cyo gusura ingagi ku banyamahanga nticyigeze gihinduka mu Rwanda, cyagumye ku $1,500.

Kuki gusura Pariki y’ibirunga bihenze cyane?

Impamvu ikomeye ni uko ituwe n’inyamaswa z’akataraboneka, zikwiye kubungwabungwa. Ingagi ziri mu Rwanda muri iki gihe zikabakaba 1000 ariko siko byahoze kuko zigezwe kwicwa umusubizo zisigara ari mbarwa.

Mu kuzirinda ko abantu bazisura baba benshi bakangiza ubuturo bwazo, Leta y’u Rwanda, ibinyujije muri RDB, yasanze nta kindi cyabishobora kitari ukuzamura igiciro bityo kikaba ari cyo kibakumira.

Amafaranga menshi ava mu gusura iyi pariki niyo akoreshwa mu gutuma abayituriye babaho neza kandi nayo ikitabwaho bifatika birimo n’umushinga wo kuyagura watangiye.

Abanyamahanga bo bazamurirwa igiciro kirekire kuko baba bifite kurushaho. Burya ntiwatega indege ya $15000 ngo ubure $1,500 yo gusura ingagi.

Abasomyi ba Taarifa Rwanda bazirikane ko gusura ingagi bitarenza isaha imwe, kandi ko ayo ari ayo gusura ingagi gusa, hatarimo andi agendana na serivisi zindi umuntu yakenera ku ruhande.

Ku zindi pariki, ho igiciro ntigihanitse cyane kuko ibiciro byo kugeza mu mwaka wa 2025, Taarifa Rwanda ifitiye kopi byerekana ko Umunyarwanda ku giti cye ushaka kurara muri Pariki y’Akagera ku ijoro rimwe yishyura Frw 15,000, yaharara amajoro abiri akishyura Frw 22,000 naho yaharara amajoro atatu akishyura Frw 30,000.

Umunyamahanga usanzwe uba mu Rwanda ushaka kuharara ijoro rimwe yishyura $50, yashaka kuharara amajoro abiri akishyura $75 naho yashaka kuharara amajoro atatu akishyura $100.

Mukerarugendo utaba mu Rwanda ijoro aryishyura $100, amajoro abiri akayishyura $150 naho amajoro atatu akayishyura $200.

Muri Pariki y’Akagera uko ibiciro byo kurara byifashe ku bantu bakuru.

Hari n’ibiciro byagenewe abana, byose kandi bikaba ari ibyo kurara mu cyumba hatarimo ibindi bijyanirana no gusura pariki nyirizina birimo umugide(ukuyobora aho uca), ubwato mu kiyaga, gusura mu ijoro n’ibindi n’ibindi.

Ku byerekeye Pariki ya Nyungwe, ibiciro byo gusura ibice biyigize biterwa n’aho umuntu yinjiriye muri iyo pariki( kuri receptions) ndetse n’aho yumva yatemberezwa.

Igira ahantu habiri harimo ahikwa ‘Kuwinka Reception Centre’ n’ahitwa ‘Gisakura Reception Centre.’

Iyo ugeze hamwe muri ho, bakwereka ahantu waca ujya kureba inkende, ibiti, inyoni, inzoka cyangwa ibindi ushaka, ukerekwa n’intera bizagusaba ngo uhagere, ubuhaname n’ubunyereri buhari n’ibikoresho ugomba kuba ufite.

Intera zijya muri ibyo bice ntiziba zingana bityo n’ibiciro ntibingana. Ibi kandi birumvikana.

Abana bafite munsi y’imyaka irindwi ntishyura namba.

Itsinda ry’abantu 10 kuzamura rigabanyirizwaho 30% ku giciro cya serivisi runaka.

Abanyeshuri barangije Kaminuza bakurwa mu kiciro cy’abanyeshuri bityo bakishyura igiciro nk’icy’abandi.

Iyo hari abashaka gufata filimi zo kuzagurisha cyangwa gukoresha mu bindi bitanga inyungu, bishyura $1000 ku munsi kandi ku itsinda bakaba bemerewe gufata amashusho inkende n’ibindi bisabantu( primates).

Abashaka gufata amashusho y’ibindi bitanze Nyungwe ngo bazayagurishe bishyura $600.

Iyo bifuje ko bakongezwa iminsi, bagabanyirizwaho 50% by’igiciro gisanzwe.

Uko muri Nyungwe byishyurwa

Pariki z’u Rwanda ziri mu bituma rusurwa cyane gusa ikibazo ni uko ari nto mu buso bigatuma abazisura batazimaramo igihe kirekire kuko ibyo bashaka babibona hafi, bagataha hakiri kare!

Gusa Pariki ntiwazirenganya kuko n’u Rwanda narwo ari ruto.

TAGGED:AbanyamahangaAbanyarwandafeaturedGusuraIbiciroIbirungaIngagiNyungweParikiRDBRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yashimiye Doumbouya Watorewe Kuyobora Guinée
Next Article Urutonde Rw’Ibyo Trump Asaba Umuyobozi Mushya Wa Venezuela
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

APR FC Yongeye Gutesha Rayon Igikombe Na Miliyoni Nyinshi

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Irototera Kuzakorera Iran Nk’Ibyo Yakoreye Venezuela

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Kenya: Inzovu Yari Ambasaderi W’Inzoga Yitwa Tusker Yapfuye

You Might Also Like

Mu mahanga

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?